Abakobwa 2 Charly na Nina bagiye gukora igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere ‘Imbaraga’
— October 4, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 4 Ukwakira 2017 umwe mu bahanzi bagize itsinda Charly na Nina ariwe Nina yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko bamaze kwemeza no gufata itariki bazamurika Album yabo ya mbere bise imbaraga.
Aba bakobwa 2 bamaze kubaka izina muri muzika nyarwanda ndetse no muri East Africa, aba bakoze indirimbo zagiye zikundwa kuri ubu bagiye gukora igitaramo cyo kumurika ‘Album’ ya mbere yabo aho bamaze gushyira hanze itariki iki gitaramo kizaberaho. Tariki ya 1 Ukuboza 2017 nibwo bazamurikira abakunzi babo Album itegerejwe na benshi.


Aba bahanzi bamamaye cyane mu ndirimbo Indoro bakoranye na Big Fizzo magingo aya ni bamwe mu bahanzikazi bagezweho mu Rwanda, aba bari mu batumirwa cyane mu bitaramo binyuranye kubera ko bafite abafana batari bake. Charly na Nina bakoze ibitaramo binyuranye byaba imbere hano mu gihugu ndetse no hanze yacyo aho bagiye mu bihugu bitandukanye birimo UBurundi, Uburayi, Centre Africa n’ahandi bagiye bajya gutaramira.

Kuri ubu rero aba bahanzikazi bamaze gushyira hanze itariki bazakoreraho igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere, aha bakaba bazayimurika tariki 1 Ukuboza 2017. Icyakora amakuru bashyize hanze yo ntiyemeza neza aho iki gitaramo kizabera cyangwa andi makuru menshi. Iyi Album ya mbere ya Charly na Nina yitwa ‘Imbaraga’ ikazaba iriho indirimbo nka Bye Bye, Indoro, Agatege, Owooma, Face to Face, Mfata,Zahabu n’izindi batarashyira hanze byitezwe ko zizahita zuzuza indirimbo icumi (10) zizaba ziri kuri iyi Album.
Nina yagize ati “twishimiye kubagezaho Album yacu ya mbere Imbaraga isobanuye imbaraga z’umugore n’uruhare rwe mu iterambere ry’igihugu n’isi muri rusange”.Akomeza avuga ko umugore ashoboye ndetse yakora akazi ako ariko kose.
Noella
2,778 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply