umu amakuru- Abakobwa 2 Charly na Nina bagiye gukora igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere ‘Imbaraga’ | Umusingi

Abakobwa 2 Charly na Nina bagiye gukora igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere ‘Imbaraga’

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 4 Ukwakira 2017 umwe mu bahanzi bagize itsinda Charly na Nina ariwe Nina yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko bamaze kwemeza no gufata itariki bazamurika Album yabo ya mbere bise imbaraga.

Aba bakobwa 2  bamaze kubaka izina muri muzika nyarwanda ndetse no muri East Africa, aba bakoze indirimbo zagiye zikundwa kuri ubu bagiye gukora igitaramo cyo kumurika ‘Album’ ya mbere yabo aho bamaze gushyira hanze itariki iki gitaramo kizaberaho. Tariki ya 1 Ukuboza 2017 nibwo bazamurikira abakunzi babo Album itegerejwe na benshi.

Aba bahanzi bamamaye cyane mu ndirimbo Indoro bakoranye na Big Fizzo magingo aya ni bamwe mu bahanzikazi bagezweho mu Rwanda, aba bari mu batumirwa cyane mu bitaramo binyuranye kubera ko bafite abafana batari bake. Charly na Nina bakoze ibitaramo binyuranye byaba imbere hano mu gihugu ndetse no hanze yacyo aho bagiye mu bihugu bitandukanye birimo UBurundi, Uburayi, Centre Africa n’ahandi bagiye bajya gutaramira.

Kuri ubu rero aba bahanzikazi bamaze gushyira hanze itariki bazakoreraho igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere, aha bakaba bazayimurika tariki 1 Ukuboza 2017. Icyakora amakuru bashyize hanze yo ntiyemeza neza aho iki gitaramo kizabera cyangwa andi makuru menshi. Iyi Album ya mbere ya Charly na Nina yitwa ‘Imbaraga’ ikazaba iriho indirimbo nka Bye Bye, Indoro, Agatege, Owooma, Face to Face, Mfata,Zahabu n’izindi batarashyira hanze byitezwe ko zizahita zuzuza indirimbo icumi (10) zizaba ziri kuri iyi Album.

Nina yagize ati “twishimiye kubagezaho Album yacu ya mbere Imbaraga isobanuye imbaraga z’umugore n’uruhare rwe mu iterambere ry’igihugu n’isi muri rusange”.Akomeza avuga ko umugore ashoboye ndetse yakora akazi ako ariko kose.

Noella

 

2,778 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.