umu amakuru- Nizzo yavuze impamvu Safi atamutumiye mu bukwe bwe ndetse Urban Boys ikaba ishobora gusenyuka | Umusingi

Nizzo yavuze impamvu Safi atamutumiye mu bukwe bwe ndetse Urban Boys ikaba ishobora gusenyuka

Please enter banners and links.

Nshimiyimana Muhammad [Nizzo] ubundi wiyita Kabosi  yahamije ko atatumiwe mu bukwe bw’inshuti ye Safi Madiba na Niyonizera Judithe baherutse kurushinga kuwa 1 Ukwakira 2017.

Niyibikora Safi na Niyonizera Judithe babanje gusezerana imbere y’amategeko bemeranya kuzabana akaramata nk’umugabo n’umugore mu muhango wabereye mu Murenge wa Remera mu masaha yabanjirije ibirori byo gusaba umugeni.

Ubukwe bwa Safi na Judithe bwateguwe mu buryo busa n’ubwatunguranye kuri benshi kuko n’ibyo gukundana kwabo byari bimaze iminsi icumi bitangajwe. Safi yakoze ubukwe acungiwe umutekano mu buryo bukomeye, ibi ni nako Knowless [wahoze ari umukunzi we] yabigenje ubwo yarongorwaga mu mpera za 2016.

Ese Safi yikangaga Nizzo?Knowless se yikangaga Safi?gucungirwa umutekano bikomeye ni uko hari icyo uba kwikanga inyuma aribyo abantu bibaza kuko Safi yarongoye umugore wabayeho inshuti ya Nizzo naho Butera Knowless yari inshuti ya Safi.

Nizzo Kaboss

Ubukwe bwa Safi bwatashywe na bake mu nshuti ze za hafi ndetse mu bahanzi bakoranye na we mu myaka amaze aririmba ntibahageze. Yatumiye abahanzi batarenga batanu, mu itsinda rya Urban Boyz haje Humble Jizzo[wari wanamwambariye], Nizzo basanzwe ari inshuti zikomeye ntiyahakandagije ikirenge.

Inkoramutima za Safi mu muziki ntizatashye ubu bukwe! Abenshi bibajije kuri Nizzo inshuti ye basanzwe baririmbana muri Urban Boyz akaba atakandagiye aho ibi birori byabereye.

 

Safi yambika impeta umugore we

Nizzo ubusanzwe uzwi nk’umwe mu nkoramutima za Safi mu buzima buri hanze y’umuziki ariko ntiyagaragaye ahabereye ubu bukwe. Mu mashusho yashyize hanze, Nizzo yasobanuye ko Safi n’umugore we banze kumutumira bityo na we afata icyemezo cyo kutabutaha.

Yagize ati “Ndabasuhuje mwese, hari inkuru imwe nshaka kuvugaho imaze iminsi isakuza hanze aha. Iby’ubukwe bwa Safi ntabwo njyewe natumiwe, wapi! Kandi kuba ntaratumiwe ni uburenganzira bwabo.”

[Nizzo ahita akunja isura arongera asa n’umwenyura] yongeraho ati “Kandi nanjye ni uburenganzira bwanjye bwo kutajyayo kubera ko ntabwo nari umuvumbyi. Ndakeka ntari umuvumbyi, namwe muri bakuru murumva aho muri”.

Ibyo kudatumirwa kwa Nizzo muri ubu bukwe byaje bibangikanye n’amakuru yahamyaga ko Niyonizera Judithe, umugore wa Safi, akigera mu Rwanda ngo yabanje gukundana n’uyu muhanzi wiyita ‘Kaboss’.

Nizzo yahakanye aya makuru ndetse avuga ko ‘umugore wa Safi atari goût ye’[yumvikanisha ko abameze nka Judithe atari bo bamukurura].

Yagize ati “Ibindi nshaka kuvugaho ndi kumva ngo sinzi umugore we ngo harimo ikintu cyari hagati yanjye na we, rwose wapi! Muri make si na goût yanjye Kaboss, wapi! [Akubita igitwenge]”

Aya makuru kandi yashimangiraga ko Judithe akiva muri Canada ngo yahase Nizzo amusaba ko bakora ubukwe huti huti undi arabyanga bashwana ubwo ahita yunga ubumwe na Safi.

Byatangiye guhwihwiswa ko itsinda rya Urban Boys rigiye gusenyuka hashingiwe ku bimenyetso birimo kugaragara kubera kudatumirwa mubukwe kwa Nizzo bivuze ko batakiri inshuti batakongera no kuririmbana indirimbo nkuko babikoraga.

 

 

3,840 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.