Benteke yasubije umutoza Alan Pardew ko atibye penaliti
— March 9, 2016
Please enter banners and links.

Rutahizamu wa Liverpool Christian Benteke yasubije umutoza Alan Pardew wa Crystal Palace nyuma yo kumwita umujura kubera ko yigushije agatuma ikipe ya Liverpool ihabwa Penaliti ariko camera zikaba zagaragaje ko atigwishije ndetse na Benteke akaba yasubije Alan Pardew ko atari umujura nkuko amwita ahubwo ari rutahizamu ndetse na penaliti yariyo.
Camera zagaragaje umukinnyi ukina mu binyuma mu ikipe ya Crystal Palace witwa Damien Delaney yamukojejeho agatsintsino maze Benteke agwa hasi ageze mu rubuga rw’umuzamu ashaka gutsinda igitego cy’impozamarira cya Liverpool bityo bya mahirwe arakiyibonera kuko byari ku munota wa 96 w’inyongera aho ikipe zombie zari zanganyije igitego kimwe kuri kimwe.
Ikipe ya Liverpool ikunze gutsindwa n’iyi kipe no mu mwaka wa 2014 ubwo ikipe ya Liverpool yahabwaga amahirwe yo gutwara igikombe niyo yayibujije amahirwe kuko Liverpool yari yayitsinze ibitego 3 ariko mu gice cya kabiri irabigomba umukino urangira ari ibitego 3 kuri 3.

Ikipe ya Liverpool ikaba yaherukaga gutsindira ku kibuga cya Crystal Palace mu mwaka wi 1997.
Benteke akaba ariwe wahawe gutera penaliti nkuko ariwe wari uyibonye bityo ayiteramo neza cyane bityo Liverpool iba ibonye intsinzi iyizamura ku mwanya wa 7 ku rutonde aho ihabwa n’amahirwe yo kuza muri 4 za mbere.
Ikipe ya Man City iri kumwanya wa 4 irarusha Liverpool amanota 6 gusa kandi Liverpool ifite umukino itarakina bivuze ko iwutsinze yasigara irushwa amanota 3 gusa na Man City mu gihe habura imikino 9 ngo Shampiyona ya Premier League isoze.
Muhungu John
2,856 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply