umu amakuru- Louis Suarez kugaruka ku kibuga cya Liverpool bivuze iki ? | Umusingi

hi-res-ac90dbf2f85ed48aae6c788bb97b05ee_crop_northLouis Suarez kugaruka ku kibuga cya Liverpool bivuze iki ?

Please enter banners and links.

hi-res-ac90dbf2f85ed48aae6c788bb97b05ee_crop_north

Umukinnyi w’igihangange Louis Suarez wakiniraga ikipe ya Liverpool akaza kugurishwa Miliyoni 75 za Euro mu ikipe ya Barcelone yagarutse ku kibuga cy’ikipe ya Liverpool aje gusura inshuti ze.
Ibi byemejwe n’umukinnyi ukina inyuma mu ikipe ya Liverpool witwa Mamadou Sakho ko Suarez yasuye ikipe ya Liverpool akaganira n’inshuti ze bakinanye hamwe muri iyi kipe ya Liverpool.
Sakho yagize ati “ni ukuri byari ibyishimo kongera kubona Suarez agaruka Melwood aho ikipe ya Liverpool ikorera imyitozo.

jC9cmhnACqjidP4-
Hari amakuru avuga ko umutoza Jurgen Klopp ashaka guhindura ikipe ya Liverpool iya mbere ku isi akaba ashaka kugura abakinnyi bakomeye ndetse akaba ashaka kugarura uyu mukinnyi dore ko abafana ba Liverpool bamukundaga cyane ndetse n’ubu bakimukunda.
Suarez akaba ariwe wari umaze igihe ufite ibitego byinshi muri La Liga 26 ariko Ronaldo akaba yamuciyeho amurusha igitego kimwe , akaba yaragiye ari we ufite ibitego byinshi muri Shampiyona ya Premier League.
Suarez akaba ahabwa amahirwe yo kuzatwara igihembo cya Ballon D’or.Uku gusura ikipe ya Liverpool birashoboka ko afitanye amabanga n’umutoza wa Liverpool Klopp.
Muhungu John

3,038 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.