Ingabire Victoire imyaka 15 n’imyinshi arashaka ko urukiko rwa EAC rwagira icyo rukora
— March 4, 2016
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 4 Werurwe 2016 Ikinyamakuru cyo muri Kenya kitwa Citizen dukesha iyi nkuru cyanditse kivuga ko umuyobozi w’Ishyaka FDU Inkingi ritavuga rumwe na Leta Ingabire Victoire yaregeye urukiko rw’Afurika y’Ibihugu by’Iburasirazuba (East African Court)kugirango urwo rukiko rumurenganure ku gihano yakatiwe n’Inkiko zo mu Rwanda zamukatiye igifungo cy’imyaka 15.
Iki kinyamakuru The Citizen kivuga ko ibihugu bya EAC byemeje ko uru rukiko ruzajya rwakira impanza z’abantu ku giti cyabo n’imiryango itegamiye kuri Leta cyangwa iyo ariyo yose bikaba ari muri urwo rwego na Ingabire Victoire yari yarugejejeho ikirego cye.
Icyo Kinyamakuru kivuga ko urubanza Ingabire aregamo Leta y’uRwanda rwagombaga gucibwa uyu munsi ariko rukaba rutabaye kubera ko u Rwanda rutakiri umunyamuryango w’urwo rukiko ruherereye Arusha muri Tanzania nkuko icyo kinyamakuru kibivuga.
Icyo kinyamakuru kivuga ko cyagerageje kuvugisha Perezida w’urwo rukiko witwa Augustine Ramadhani ariko ntibyabashobokera kugirango abasobanurire iby’urubanza rwa Ingabire uko bihagaze .
Icyo kinyamakuru kirakomeza kikavuga ko cyashatse kubaza abayobozi b’uRwanda bari bitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ariko ntibagira icyo babitangazaho.
Gikomeza kivuga ko u Rwanda ruri mu bihugu 8 na Tanzania irimo byasinye ko uru rukiko rwajya rwakira ibirego by’abantu ku giti cyabo n’imiryongo itandukanye ari nayo mpamvu rwakiriye iki kirego ariko iki kirego kikaba cyataburanywe.Mu bindi bihugu byasinye ayo masezerano harimo Burkina Faso ,Mali ,Ivory Coast ,Ghana ,Malawi na Benin .
Byahinduwe na Rwego Tony
3,474 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply