umu amakuru- Umunyamakuru muri Uganda yandikiye Perezida Museveni arega umukuru wa Polisi Gen.IGP Kayihura | Umusingi

Umunyamakuru muri Uganda yandikiye Perezida Museveni arega umukuru wa Polisi Gen.IGP Kayihura

Please enter banners and links.

Umunyamakuru ni umuntu ugira ijwi rikomeye kandi rigera kure kandi ryumvwa na buri wese bityo Perezida Museveni akaba agomba kumva ijwi ry’umunyamakuru witwa Ndawula Stanley kubera itotezwa ishyirwaho na polisi n’umukuru wa Polisi Gen.Kale Kayihura.

Uyu munyamakuru nkuko yabyanditse avuga ko itotezwa rituruka ku bucukumbuzi akora ku rupfa rwa Kaweesi na Wilberforce Wamala bapfuye bishwe n’abantu bataramenyekana.

Uyu munyamakuru w’imyaka 45 akaba yandikira ikinyamakuru kitwa www.theinvestigatornews.com aho bandika inkuru zicukumbuye akaba avuga ko ahamagarwa n’abantu bamutera ubwoba ndetse na polisi ikamuhamagara imushyiraho iterabwoba bityo akaba asaba Perezida Museveni ko yamutabara nawe ntiyicwe nkabo avuga mu rwandiko rwe bishwe mu buryo bwamayobera.

Kuki abantu bakunda gusoma no kumva ndetse no kureba ibyo abanyamakuru baba banditse cyangwa bavuze buri munsi ariko ugasanga bashaka kubagirira nabi?gukora itangazamakuru n’icyaha se?

Muhungu John Kampala

3,063 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.