umu amakuru- Intambara ikomeye mu rugo kwa Perezida Museven Umuryango we urashaka kumweguza | Umusingi

Intambara ikomeye mu rugo kwa Perezida Museven Umuryango we urashaka kumweguza

Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko ubu Perezida Museveni amerewe nabi n’umuryango we aho bashaka ko yegura kubutegetsi bakishakamo undi umusimbura.Ibi Perezida Museveni akaba atabyikoza kuko we ashaka gukomeza kuyobora.

Mu bashaka kumusimbura harimo umugore we Janet Museveni n’umuhungu we uzamurwa mu ntera inshuro nyinshi kurusha abandi binjiranye nawe mu gisirikare ndetse nabo yasanzemo akaba arimo kubanyuraho kimwe mu birakaza abandi basirikare.

Ikindi nanone ni uko azamurwa cyane bituma bamwe bavuga ko ariwe urimo gutegurwa gusimbura ise Museveni ku mwanya wa Perezida.

umuhungu wa Perezida Museveni Maj.Gen.Muhoozi

N’ubwo bivugwa gutyo amakuru aturuka muri Uganda bamwe bazi neza amakuru yo mu rugo kwa Perezida Museveni baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi ko mu rugo kwa Perezida Museveni ibintu bitameze neza kubera buri umwe ashaka gusimbura Perezida Museveni ku mwanya wa Perezida n’ubwo bavuga ko bashaka kumwuguza kugirango umuryango we utazahura n’ibibazo.

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko n’ubwo mu muryango wa Museveni harimo intambara yo kutumvikana uzamusimbura ntiharahamenyekana uzamusimbura hagati ya Janet Museveni n’umuhungu we Maj.Gen.Muhozi Kainarugaba n’ubwo na Museveni atabikozwa.

Uretse no kuvuga ko Perezida Museveni ashaje umuryango ufite impungenge ko umuryango ushobora kuzahura n’ibibazo kuko abantu ntibagikunda ubutegetsi bwa Museveni bakaba bafite impungenge ko bashobora kuzateza ibibazo.

Muhungu John Kampala

2,868 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.