umu amakuru- Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru barwanya SIDA mu Rwanda biyemeje kurwanya n’izindi ndwara | Umusingi

14766-The-Secret-lifeIshyirahamwe ry’Abanyamakuru barwanya SIDA mu Rwanda biyemeje kurwanya n’izindi ndwara

Please enter banners and links.

14766-The-Secret-life

Ejo kuwa 12 Mata 2017 Ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda barwanya SIDA(ABASIRWA) bakoze inama rusange mu rwego rwo kureba ibyagezweho no kureba uburyo bakwagura imikorere bakarwanya n’izindi ndwara nka Malariya ,igituntu n’izindi ndwara zitandukanye.

Muri iyo nama yebereye muri Serena Motel biyemeje ko bagiye kujya batangaza inkuru no kuzindi ndwara mu gihe ubundi bibandaga cyane kuri SIDA gusa.

Perezida wa ABASIRWA Ndamage Frank yabwiye abanyamuryango ko ubu ibihe bikomeye kubona amafaranga y’abaterankunga bitoroshye kubera iyo mpamvu nk’abanyamakuru batareka gukora kubera ko habuze amafaraga ahubwo hakwiye gufatwa izindi ngamba aribyo byatumye hahamagazwa inama rusange.

Ndamage Frank yagize ati “dushake izindi ngamba uburyo twahangana n’ibihe bikomeye dushake amafaranga no mu bandi baterankunga ku zindi ndwara ariko dukomeze intego yacu”.

Umunyamabanga nshngwa bikorwa wa ABASIRWA Innoc Bahati nawe yabwiye abanyamuryango ko amafaranga y’umuterankunga yagabanutse cyane ndetse amashyirahamwe amwe n’imiryangi imwe n’imwe yarafunze ariko ABASIRWA yo ntizafunga ahubwo hashakwe ingamba nshya uburyo bakorana n’abandi baterankunga batandukanye.

Bahati yagize ati “twareba uburyo twakorana n’abandi baterankunga mu rwego rwo kwagura imikorere yacu kandi tukaba dusaba abaterankunga batandukanye mu bijyanye n’ubuzima ko batugana tugakorana kuko ABASIRWA ukoranye nayo agera ku ntego ye”.

Muri iki gihe inkuru zivuga kuri SIDA zabaye nkeya kubera kubera kubura amafaranga ndetse ubu na Malariya ikaba yariyongereye n’izindi ndwara zishamikiye kuri SIDA ariko ABASIRWA bakaba biyemeje kujya batangaza amakuru yigisha uburyo umuntu yakwirinda izondwara zose n’abamaze kwandura uburyo bakwirinda ndetse no kwigisha sosiyete ikamenya ibibi by’izo ndwara mbere.

Imiryango myinshi ndetse na Leta bagakwiriye gukorana n’amashyirahamwe y’abanyamakuru nka ABASIRWA kuko abanyamakuru ari ijwi rya rubanda kandi rigera kure.

Gatera Stanley

2,694 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.