Uwamahoro washinjwaga kugambirira kugirira nabi ubutegetsi yageze mu Bwongereza ashima Imana
— April 13, 2017
Please enter banners and links.

Nyuma y’aho Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rutegetse ko Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza afungurwa by’agateganyo ubu yageze mu Bwongereza aho afite umuryango ashima Imana.
Ubushinjacyaha bwaregaga uyu mugore kumena ibanga rya leta, kurema umutwe w’ingabo bitemewe no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika.

Nk’uko tubikesha BBC, Uwamahoro Viollette yamaze gusanga umuryango we mu Bwongereza aho atuye.
Mu kwezi gushize, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwarekuye by’agateganyo Uwamahoro, rugaragaza ko ibyo Shumbusho amushinja bidahagije, byongeye akaba yaragendaga ahindura imvugo mu gusobanura ibiganiro bashinjwa gukoreramo ibyaha kuri WhatsApp.
Uru rukiko rwafashe icyemezo ko umupolisi Shumbusho wemeraga ibyaha afungwa by’agateganyo naho Uwamahoro agakurikiranwa adafunze kubera yari atwite.
Uwamahoro Violette w’imyaka 39 ni umubyeyi w’abana babiri akaba yarashakanye na Rukundo Faustin, bose b’Abanyarwanda bafite Ubwenegihugu bw’u Bwongereza kuva mu 2014; batuye mu mujyi wa Leeds mu Bwongereza.
Abantu batandukanye bamunenze kuza mu gihugu adakunda ndetse bamwe bakaba baravuze ko bamubonye mu bateraga amagi Perezida yasuye Abanyarwanda baba muri icyo gihugu.
2,694 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply