Menya ukuri ku byanditswe ku mucuruzi Janvier Birahagwa
— March 24, 2017
Please enter banners and links.

Umucuruzi Janvier Birahagwa uherutse kwandikwa mu bitangazamakuru bitandukanye nyuma bikagaragara ko ibyo binyamakuru byamuharabikaga yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ukuri kwabyo .
Janvier Birahagwa Kuwa 21 Werurwe 2017 yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko abantu bakwiye kumenya ko ibyamwanditsweho bidafite ishingiro ahubwo ari umunyamakuru washatse kumuharabika no kumuteranya.
Abajijwe n’Ikinyamakuru Umusingi icyo abivugaho ku byamwanditsweho yagize ati “hari abanyamakuru nkeka ko bafite ababakoresha cyangwa bicara bakihimbira inkuru zo gusebya abantu ariko ikiza ni uko dufite igihugu gifite inzego zikora neza bazamenya ikibyihishe inyuma n’ubwo yanditse asaba imbabazi ”.
Urwego rw’abanyamakuru nabo barabyumvise ko nahohotewe ndetse nasabye umwanzuro w’ibyo umunyamakuru yavuze kuko byarantangaje numvise avugamo abayobozi bakuru b’igihugu bashinzwe umutekano n’umva birantangaje uburyo umunyamakuru abeshyera abantu ibintu nka biriya.
Umucuruzi Janvier Birahagwa yashinjwaga gukorana na Nzahura torero irwanya ubuyobozi bwa ADEPR ariko mu bucukumbuzi Ikinyamakuru Umusingi twakoze twasanze ntaho ahuriye na Nzahura torero.
Aha yakomeje abwira Ikinyamakuru Umusingi ati Njye nsengera muri ADEPR nta kibazo mfite mu Itorero niyo Nzahura torero bavuga simbazi mbyumva gutyo mu binyamakuru.
Mu kinyamakuru Rushyashya,net mu nkuru cyanditse nyuma yo kwitaba urwego rw’abanyamakuru cyanditse kigira kiti nyuma y’icukumbura ry’ikinyamakuru Rushyashya.net twasanze Janvier Birahagwa ntaho ahuriye niyo Komisiyo nzahura torero ndetse n’ibindi bikorwa biteza umutekano muke bituruka mu bayoboke bamwe ba ADEPR, cyane ko atakiri no mubuyobozi bukuru bwa ADEPR.
Nkuko kandi nawe ubwe yabigaragarije Rushyashya.net kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Werurwe 2017, imbere y’abahagarariye urwego rw’abanyamakuru bigenzura [ RMC ] Ibisobanuro yatanze imbere y’ubuyobozi bwa RMC na Rushyashya.net, byanyuze impande zombi, hanzuwe ko ikinyamakuru Rushyashya.net gisaba imbabazi Jamvier Birahagwa, kuko ntabimenyetso kigaragaza kubya mwanditsweho.
Murwego rero rwo kubahiriza Amahame n’amabwiriza agenga umwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda dusabye imbabazi Janvier Birahagwa kubyamanditsweho adahawe ijambo ngo agire icyo abivugaho.
Umucuruzi Janvier Birahagwa
Ubuyobozi bwa Rushyashya.net, Tumwiseguyeho we n’umuryango we.
Aya n’amwe mu magambo twifashishije Ikinyamakuru Rushyashya.net cyanditse kuri uyu mugabo basaba imbabazi ko bamuharabitse bityo rero akaba azira ubusa ndetse asaba abantu kumenya ukuri kuko Ikinyamakuru Umusingi yizera ko cyo kivugisha ukuri ndetse ari nayo mpamvu yashatse ko kimutangariza inkuru abantu besnhi bagisoma bakamenya ukuri.
Janvier akomeza atangariza Ikinyamakuru Umusingi ko umunyamakuru yasabye imbabazi ariko akaba asanga atari byiza kwandika umuntu ku nkuru zisebanya ntumuhe ijambo ngo wumve icyo abivugaho kuko nkubu umunyamakuru gusaba imbabazi yamaze kunyandikaho ibintu ntazi n’ibintu bibi bikwiye guhanirwa.
Umunyamakuru urebye hari ibindi yari agamije kubera ko ntiyabajije n’ubuyobozi bwa ADEPR kugirango bwemeze ko mfitanye nabo ikibazo ariko ntiyababajije uretse ko nta kibazo mfitanye n’ubuyobozi bwa ADEPR kandi tumeranye neza ,turasengana ntakibazo ababisomye n’ababyumvise bose bamenye ko ari ibihuha bidafite aho bishingiye ari ugushaka guteranya abantu gusa.
Gatera Stanley
4,562 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply