umu amakuru- Umuhanzi Ciney agarukanye indirimbo nshya impeta irimo inyigisho nziza | Umusingi

ppUmuhanzi Ciney agarukanye indirimbo nshya impeta irimo inyigisho nziza

Please enter banners and links.

pp

Umuhanzi Ciney wigize gukundwa cyane kubera ubuhanga bwe muri muzika yari amaze igihe abantu bazi ko yahagaritse muzika ariko uyu munsi taliki 28 Ugushyingo 2016 abantu batangajwe no kumva ko Ciney yasohoye indirimbo yise Impeta ifite inyigisho nziza cyane.

dsc_0060

arton42627

Ciney aganira n’Ikinyamakuru Umusingi ntago yashatse kuvuga uko yatekereje kugaruka muri muzika nyuma y’igihe kirekire yari amaze adasohora indirimbo ariko yagarutse ku nyigisho n’ubutumwa buri muri iyo ndirimbo ye nshyashya.

Ciney yagize ati “ubutumwa burimo ni uko abasezeranye bajya babana mu mahoro kandi bakubaha isezerano baba baragiranye”.

ciney-yemeza-ko-musaza-we-ari-umuhanga-kandi-iby_umuziki-azabishobora

arton35521

Ubuhanga bw’umuhanzi Ciney akomeje kugaragaza iyi ndirimbo ye yise Impeta ije mu gihe hari ibibazo mu miryango hagati y’ababa barashakanye ndetse barasezeranye ikaba yigisha abo basezeranye kubana mu mahoro kandi bakubaha isezerano bagiranye kuko byabafasha kubana neza.

Uyu muhanzi kandi indirimbo ze zose abantu barazikunze ndetse n’iyi abamaze kuyumva bakaba bavuga ko ari nziza cyane ndetse bashishikariza abantu bashakanye n’ababiteganya kuyishaka bakayumva kuko ubutumwa burimo ari bwiza cyane.

Uwitwa Iradukunda M Grace we yamaze kuyumva kare ahita atangariza Ikinyamakuru Umusingi ko ari indirimbo nziza cyane harimo ubutumwa bushobora gufasha gukemura ibibazo by’abashakanye kuko ababwira kuba Impeta bambitswe basezerana maze bakabana mu mahoro.

Umuhanzi Ciney akaba azwi mu ndirimbo nka arabizi ,igire ,tuma bavuga n’izindi nyinshi zose zakunzwe cyane.

Janet K

2,638 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.