umu amakuru- Habonetse abandi 25 bapfuye I Kasese Umwami arafungwa | Umusingi

howwe_2a047259d7cabf7f65de5cf7a5240b79_1480336724Habonetse abandi 25 bapfuye I Kasese Umwami arafungwa

Please enter banners and links.

howwe_2a047259d7cabf7f65de5cf7a5240b79_1480336724

Mu gihugu cya Uganda uyu munsi Kuwa 29 Ugushyingo 2016 ahitwa Kasese hamaze iminsi havugwa imirwano ikomeye cyane aho iyo Kasese ishaka kwigenga kikaba igihugu ukwacyo.

Mu gihugu cya Uganda uduce tumwe na tumwe baracyafite Abami ndetse aho Kasese bakaba bafite Umwami wabo witwa Wesley Mumbere bivugwa ko ariwe wari uyoboye imirwano yahitanye abagera kuri 65 kuwa gatandatu w’icyumweru gishize.Muri abo bapfuye harimo 16 babapolisi n’abasirikare baguye mu mirwano yari ikomeye cyane.

mumbeere

Umwami Mumbere afunzwe abanyamakuru bamubaza

Uyu munsi nibwo ukuriye Polisi I Kasese witwa Odongo yatangarije ibitangazamakuru ko habonetse abandi bantu 25 bapfuye ariko bataramenya niba ari abiciwe mu mirwano yabaye guhera kuwa gatandatu no kucyumweru gishize.

Umwami Wesley Mumbere akaba yarafashwe na Polisi yo muri Uganda yoherezwa muri gereza ya Luzira aho ashinjwa ibyaha by’ubwicanyi akazagezwa imbere y’umucamanza ku italiki 13 Ukuboza 2016.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi ni uko abaturage ba Kasese bamaze gukora ibisabwa byose kugirango kibe igihugu cy’igenga ku buryo biteguye ku rwana intambara iyo ariyo yose dore ko muri uyu mwaka hagati nabwo habayeyo intambara ikomeye aho abaturage baho badatinya abasirikare bafite imbunda.

Perezida Museveni icyo gihe yarahagurutse vuba na bwangu ajya mu mashyamba yaho kugirango yumve icyo abaturage bashaka kuko we afite ubwoba ko ari inyeshyamba za ADF zirwanya ubutegetsi bwe zishobora kuba ariho zituruka kuko Kasese ihana imbibe n’igihugu cya DR.Congo.

Abo baturage bakaba banagaragaje inote z’amashilingi bifuza ko ariyo bazakoresha Kasese niramuka ibaye igihugu cyigenga gitegekwa n’Umwami kuko abaturage baho bakunda ubwami cyane.

Abadepite mu gihugu cya Uganda basabye Polisi ko irekura Umwami Mumbere kubera ko kumufunga aribwo bishobora guteza imvururu kurasha kutamufunga.

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda biravuga ko abamaze kugwa mu mirwano I Kasese bagera ku 126 hario ingabo zirinda Umwami Mumbere 46 kuko bivugwa ko yagiraga ingabo zimurinda nyinshi cyane.

Muhungu John Kampala

2,727 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.