Gen Julius Oketta yitabye Imana
— November 6, 2016
Please enter banners and links.

Maj Gen Julius Oketta, wari umusirikare mu ngabo za Uganda, UPDF yitabye Imana, aho bikekwa ko yishwe n’umutima.
Oketta wari umuhuzabikorwa wungirije w’ibikorwa bigamije kuzamura ubukungu, yapfiriye mu bitaro bya Kadic biri mu mujyi wa Kampala umunsi w’ejo Kuwa 5 Ugushyingo 2016, afite imyaka 60 y’amavuko nk’uko ikinyamakuru The Monitor cyabitangaje.
Umuvugizi w’ingabo za Uganda Lt. Col Paddy Ankunda yemeje iby’uru rupfu avuga ko abaganga batangiye gupima icyaba cyateye urupfu rwe, gusa amakuru aturuka mu bandi bantu avuga ko ashobora kuba yishwe n’umutima.
Gen Oketta yigeze kuba umuyobozi ushinzwe ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa mu by’ubutabazi bwihuse mu biro bya Minisitiri w’Intebe.
Yigeze guhagararira ingabo za Uganda mu Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu. Iyo mirimo yiyongera ku yindi yagiye akora mu bihe bitandukanye.
Kuva mu 1989 kugera mu 1993, yari umuyobozi w’ingabo muri diviziyo ya gatandatu y’ingabo ziharanira kubohora Uganda (National Resistance Army-NRA).
Hagati ya 2001 -2003, yari umuyobozi ushinzwe ibikorwa n’ibikoresho mu ngabo za UPDF, ayobora Ibiro bishinzwe imikoranire y’ingabo za Uganda n’izindi nzego muri Sudani.
Mu bindi bikorwa yakoze harimo icyo kuba umuganga mu bikorwa by’ubutabazi byahuruje ingabo z’umuryango wa Afurika Yunze ubumwe zigiye gutabara abari bahuye n’icyorezo cya Ebola mu bihugu by’Afurika y ‘Iburengerazuba muri 2014, aho yaje guhabwa umudari w’icyubahiro na Perezida wa Liberia kubera uruhare rwe mu kurwanya Ebola.
Aheruka kumvikana mu ruhame avugira kuri radio Kfm ishami ryayo rya Uganda, ku kibazo cy’imyigaragambyo muri kaminuza ya Makerere n’ifungwa ryayo.
2,632 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply