umu amakuru-  Gen Julius Oketta yitabye Imana | Umusingi

gen  Gen Julius Oketta yitabye Imana

Please enter banners and links.

gen

 

Maj Gen Julius Oketta, wari umusirikare mu ngabo za Uganda, UPDF yitabye Imana, aho bikekwa ko yishwe n’umutima.

Oketta wari umuhuzabikorwa wungirije w’ibikorwa bigamije kuzamura ubukungu, yapfiriye mu bitaro bya Kadic biri mu mujyi wa Kampala umunsi w’ejo Kuwa 5 Ugushyingo 2016, afite imyaka 60 y’amavuko nk’uko ikinyamakuru The Monitor cyabitangaje.

Umuvugizi w’ingabo za Uganda Lt. Col Paddy Ankunda yemeje iby’uru rupfu avuga ko abaganga batangiye gupima icyaba cyateye urupfu rwe, gusa amakuru aturuka mu bandi bantu avuga ko ashobora kuba yishwe n’umutima.

Gen Oketta yigeze kuba umuyobozi ushinzwe ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa mu by’ubutabazi bwihuse mu biro bya Minisitiri w’Intebe.

Yigeze guhagararira ingabo za Uganda mu Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu. Iyo mirimo yiyongera ku yindi yagiye akora mu bihe bitandukanye.

Kuva mu 1989 kugera mu 1993, yari umuyobozi w’ingabo muri diviziyo ya gatandatu y’ingabo ziharanira kubohora Uganda (National Resistance Army-NRA).

Hagati ya 2001 -2003, yari umuyobozi ushinzwe ibikorwa n’ibikoresho mu ngabo za UPDF, ayobora Ibiro bishinzwe imikoranire y’ingabo za Uganda n’izindi nzego muri Sudani.

Mu bindi bikorwa yakoze harimo icyo kuba umuganga mu bikorwa by’ubutabazi byahuruje ingabo z’umuryango wa Afurika Yunze ubumwe zigiye gutabara abari bahuye n’icyorezo cya Ebola mu bihugu by’Afurika y ‘Iburengerazuba muri 2014, aho yaje guhabwa umudari w’icyubahiro na Perezida wa Liberia kubera uruhare rwe mu kurwanya Ebola.

Aheruka kumvikana mu ruhame avugira kuri radio Kfm ishami ryayo rya Uganda, ku kibazo cy’imyigaragambyo muri kaminuza ya Makerere n’ifungwa ryayo.

 

2,574 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.