Police FC itsinze Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona
— October 23, 2016
Please enter banners and links.

Ikipe ya Police FC ibashije gutsinda Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona, umukino wabereye kuri stade ya Kicukiro urangira Police itsinze ibitego bibiri kuri kimwe ibitego byose byatsinzwe na rutahizamu Usengimana Danny.
Umukino watangiranye imbaraga ku mpande zombi, ku munota wa 11 w’umukino ku mupira mwiza yahawe na Mushimiyimana Muhamed nuko rutahizamu Usengimana Danny ntiyazuyaza ahita anyeganyeza inshundura z’umuzamu Olivier Kwizera.
Amakipe yombi yakomeje gusatirana ariko ku ruhande rwa police abakinnyi bo hagati bakaba ibamba cyane Neza Anderson wigaragaje muri uyu mukino aho yagiye acyiza izamu kenshi, ku ikosa rya myugariro Fabrice Twagizimana ryatumye Bugesera ibona penaliti yinjizwa neza igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganyije.
Igice cya kabiri abasore b’umutoza Seninga Innocent batangiye neza basatira izamu ariko bagahusha, ku munota wa 15 gusa w’igice cya kabiri rutahizamu Danny Usengimana yanikiriye myugariro ba Bugesera umupira awerekeza mu rushundura umukino urangira utyo.
Nyuma y’umukino abasore ba Police FC ubona ko itsinzi bari bayikumbuye cyane bagereye umutoza baramusimbiza mu kirere ibi byerekanaga umwuka mwiza uri mu ikipe.
Umutoza uyu munsi wahinduye ikipe cyane kuko abakinnyi benshi b’inkingi za mwamba babanje ku gatebe aha twavuga nka Songa Isaie, Eric Ngendahimana ndetse na Celestin Ndayishimiye ibi umutoza yabikoze mu rwego rwo kwereka abakinnyi ko batagomba kwirara.
Seninga Innocent yagize ati” mu mukino ubanza hari abakinnyi batitwaye neza ubona bakina nk’abatabishaka uyu munsi rero nabihinduye kugira ngo mbereke ko bagomba kwisubiraho byakunze turanatsinze”
Seninga yongeyeho ku ubu ikipe yose ifite akanyamuneza kandi abakinnyi bashyira hamwe kugira ngo babashe kwitwara neza kuko ariyo ntego nyamukuru yabo, ku munsi wa gatatu wa shampiyona Police FC izerekeza i Huye aho izaba igiye gucakirana n’amagaju.
3,595 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply