umu amakuru-  Umunyarwanda Kayumba yoherejwe muri gereza kubera Miliyari 10 Shs | Umusingi

Kayumba  Umunyarwanda Kayumba yoherejwe muri gereza kubera Miliyari 10 Shs

Please enter banners and links.

Kayumba

 

Umunyarwanda w’umucuruzi uba mu gihugu cya Uganda yoherejwe muri gereza ya Luzira azira ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu butemewe.

Ikinyamakuru cyo muri Uganda Daily Monitor cyo Kuwa 18 Kanama 2016 cyanditse kivuga ko uyu mugabo ashinjwa icyaha cyo gucuruza amahembe y’inzovu mu buryo butemewe.

Ikigo kimisoro n’amahoro cyo muri Uganda cyavuze ko cyafashe amahembe  832 apima ibiro bigera kuri 3,000kgs.

Kayumba akaba yarafatiwe ku kibuga cy’indege cya Entebbe kuwa kane w’icyumweru gishize ashinjwa gukora ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu kandi bibujijwe muri East Africana Community.

Kayumba

Emily Kayumba ajyanywe muri gereza ya Luzira

Umucamanza Patricia Amoko yanze ko Kayumba Emily yishingirwa hagatangwa amafaranga aho kumufunga nkuko bigenda muri East Africa uretse mu Rwanda aho iyo ufite amafaranga uyatanga abantu bakakwishingira ko utazatoroka ubutabera ahita amwohereza muri gereza ya Luzira .

Umucamanza Patricia Amoko yavuze ko Kayumba ari umunyamahanga ashobora gutoroka ubutabera kandi iki cyaha Atari ubwa mbere akiregwa kuko no muri 2013 nabwo hafashwe amahembe y’inzovu bikekwa ko nayo yari aya Kayumba.

Ibyaha byarezwe Emily Kayumba byose akaba yabyihakanye akazagaruka imbere y’umucamanza kuwa 25 Kanama 2016.

Muhungu John Kampala

2,741 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.