Umukobwa yihakanye nyine mu rukiko bapfa umugabo ati nakumenyeye mukabari
— August 19, 2016
Please enter banners and links.

Umukobwa yihakanye nyine mu rukiko avuga ko amunaniza umugabo we ati nagusanze mu kabari sinkuzi.
Ibi byavuzwe mu rukiko ubwo aba bombi bari bagaruwe kuburana kubera amafaranga Miliyoni 10 ( 1,000,000/-)
za oseph Mayanja yabahaye ashaka kurongora Resty ariko nyuma bamwima umukobwa yagombaga kurongora akaba umugore we.
Resty Nante ariwe umukobwa wagombaga kurongorwa na Joseph yambwiye umucamanza uyu munsi Kuwa 18 Kanama 2016 ko uwo wiyita nyina witwa Nambatya ntacyo bapfana ahubwo ko nyina yitwa Hariet Nakalyango.
Hashize isaha imwe n’igice ubwo abantu mu rukiko bikanze kumva amagambo umukobwa yihakana nyine maze nyina nawe asa nutaye ubwenge araturika ararira imbere y’umucamanza witwa Tadeo Muyinda.

Nambatya ibumoso naho iburyo ni Resty wihakanye nyina mu rukiko
Nyina yagerageje kwicira umukobwa we ijisho ko ibyo avuze yakwisubiraho akabivuguruza ariko umukobwa amubera ibamba.
Ahubwo umukobwa yakomeje kubwira umucamanza ko uwiyita nyina ari umukozi mugenzi we bahuriye mu kabari kitwa Yogaayoga.
Urubanza bwa mbere mu kuburana aba baregwa bombi babanje kuvuga ko urega batamuzi ariko byahindutse ubwo umwe yemeye ko amuzi ndetse ko yajyaga amuha buri kimwe nk’umugore we.Umukobwa wihakanye nyina yabwiye umucamanza ati njye sindabonaho umugore w’ikigoryi nk’uyu wiyita Mama kuko yahoraga anzanira abagabo kandi mfite uwanjye umpora kumutima ariwe Joseph Mayanja.
Umucamanza amaze kumva ibyo bavuga urubanza yategetse ko ruzasomwa kuri 24.08.2016.
Muhungu John Kampala
3,034 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply