umu amakuru- Habumuremyi P Damien yaburanye ahakana ibyo aregwa arasabirwa kuburanira mu muhezo,yaje mu rukiko atambaye amasogisi | Umusingi

Habumuremyi P Damien yaburanye ahakana ibyo aregwa arasabirwa kuburanira mu muhezo,yaje mu rukiko atambaye amasogisi

Please enter banners and links.

Pierre-Damien Habumuremyi wahoze ari minisitiri w’intebe w’u Rwanda kuva mu 2011 kugeza mu 2014 umunsi w’ejo tariki 16 Nyakanga 2020 yabwiye urukiko ko ahakana ibyaha aregwa.

Bwana Habumuremyi aregwa gutanga sheki zitazigamiye n’icyaha cy’ubuhemu, ibyaha akekwa ko yakoze mu 2019 ari umuyobozi wa kaminuza yashinze ya Christian University of Rwanda.

Bwana Habumuremyi usanzwe akuriye urwego rushinzwe intwari z’igihugu mu Rwanda, yaburaniye ku rukiko rw’ibanze rwa Gasabo ku ifungwa ni ifungura by’agateganyo. Mu rukiko hagaragaye abunganira bamwe mu bareze Bwana Habumuremyi.

Abamwunganira basabye ko aburanira mu muhezo bavuga ko yaburana atisanzuye mu gihe hari abanyamakuru bamutunze ibikoresho byabo kandi asanzwe agira uburwayi bw’umutima.

Ubushinjacyaha bwo bwanenze ibi, buvuga ko atari we wa mbere waba aburaniye mu ruhame.

Abacamanza bagiye kwiherera bafata umwanzuro ku bisabwa n’impande zombi banzura ko Habumuremyi Pierre Damien azaburanira mu ruhame.

Dr.Pierre Damien Habumuremyi ari hagati y’abamwunganira mu mategeko mu rukiko

Photos (Internet)

Ku cyumweru tariki 05 z’uku kwezi nibwo urwego rukurikirana ibyaha mu Rwanda rwatangaje ko rwafunze Bwana Habumuremyi.

Dr.Pierre Damien Habumuremyi kandi yaje mu rukiko atambaye amasogisi ku buryo hari amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga abantu bavuga ko bidasanzwe umuntu wo kurwego rwe nk’uwigeze kuba Minisitiri w’Intebe abura amasogisi yo kwambara.

 

 

3,123 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.