Mukantaganzwa Domitilla wamenyekanye cyane igihe cya Gacaca yagizwe Perezida wa Komisiyo yo kuvugurura amategeko
— December 5, 2019
Please enter banners and links.

Mukantaganzwa Domitilla wamenyekanye cyane ubwo yari ayoboye urwego rw’igihugu rushinzwe inkiko Gacaca, yagizwe Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry’amategeko.
Ibaruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ibwira Mukantaganzwa ko ‘Ndakumenyesha ko Perezida wa Repubulika yagushyize mu mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry’amategeko guhera none kuwa 4 Ukuboza 2019’.
Mukantaganzwa asimbuye kuri uwo mwanya Havugiyaremye Aimable uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru.
Mukantaganzwa yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca mu bihe bigoranye kugeza ubwo hari n’abamwitaga ‘Madamu Gacaca’.


Azwiho kuba yarabaga afite igisubizo ku kibazo cyose kijyanye n’inshingano ze, n’amadosiye ya Gacaca akomeye yose yabaga ayazi mu mutwe. Nyuma y’aho Inkiko Gacaca zisorejwe, yagizwe Komiseri muri Komisiyo y’igihugu yo Kurwanya Jenoside.
Ni umwe mu bari bagize itsinda ryanditse Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe mu 2015.
Abantu benshi ntibari bazi aho akora cyangwa aho aherereye n’ibyo akora ku buryo usanga muri Kigali bavuga ko yari yaribagiranye.
6,728 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply