umu amakuru- U Rwanda rwasabye ko imishyikirano y’ibiganiro bigamije gufungura imipaka hagati yarwo na Uganda isubikwa ariko Museveni asa n’uwitegura intambara | Umusingi

U Rwanda rwasabye ko imishyikirano y’ibiganiro bigamije gufungura imipaka hagati yarwo na Uganda isubikwa ariko Museveni asa n’uwitegura intambara

Please enter banners and links.

Hari hateganijwe imishyikirano hagati y’uRwanda na Uganda ku bijyanye no gufungura imipaka ,imishyikirano ikaba yari iteganijwe kuba tariki ya 18 Ugushyingo 2019 ariko u Rwanda rukaba rwasabye ko isubikwa nkuko bigaragara muri kopi y’ibaruwa yandikiwe Uganda.

Ofwono Opondo ni umuvugizi wa Leta muri Uganda akaba yabwiye itangazamakuru ryo muri icyo gihugu ko u Rwanda arirwo rurimo gutinza imishyikirano yo gufungura imipaka.

Ibihugu byombi bisa n’ibiterana amagambo kuko na Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 8 uku kwezi yavuze ku kibazo cya Uganda n’uRwanda aho yavuze ko hari ibaruwa Uganda yanditse ko itakiriki yagomba guhuza impande zombi muri Uganda kuwa 16 Ukwakira 2019 yimuriwe 16 Ugushyingo 2019 ariko u Rwanda ntirwamenyeshejwe ahubwo avuga ko babisomye mu binyamakuru.

Urwandiko rusbika imishyikirano

Aba bari ku ikosi ya gisirikare muri Uganda

Aba n’abasirikare basoje amasomo yo gutwara ibimodoka by’intambara byitwa Burende

Inama y’imishyikirano ku kibazo cy’uko imipaka yafungurwa abantu bakongera guhahirana iya mbere yari yabereye mu Rwanda nyuma z’indi z’abakuru b’Ibihugu bakoreye u Luanda muri Angola ,indi ikaba yagombaga kubera I Kampala ariko ubu bibaye inshuro 2 itaba aho bamwe bavuga ko izi nama ntacyo zizakemura gifatika.

Hari abavuga ko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bishobora kuvamo intambara ndetse hari abavuga ko Perezida Musveni asa n’urimo gutegura intambara kubera ko mu minsi yashize yazengurutse ibigo bya gisirikare byose muri Uganda ndetse akagirana inama n’abasirikare bakuru babikuriye.

Museveni arangije kuzenguruka ibigo bya gisirikare byose yongeye kugaragara asoza amasomo y’abasirikare barwanisha indege z’intambara ubu ku munsi w’ejo akaba yarasoje amasomo cyangwa amahugurwa y’abatwara ibimodoka by’intambara byitwa za Burende (Tank chrew).

Ibihugu byombi birashinjanya aho u Rwanda rushinja Uganda gufunga abanyarwanda babarenganije ndetse no kubahohotera naho Uganda igashinja u Rwanda guhungabanya umutekano w’icyo gihugu ndetse Uganda ikavuga ko abafatwa bose baba barinjiye muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko ndetse abandi bagashinjwa kuba ba maneko.

Twabibutsa ko hari impunzi z’abanyarwanda zafatiwe muri Uganda zikagarurwa mu Rwanda harimo na Lt.Joel Mutabazi n’abagenzi be ndetse Uganda ikabishyira kuri Rene Rutagungira ubu ufungiwe Uganda ariko ibi byose Perezida Kagame akaba yarabihakanye akavuga ko Rene Rutagungira yazize ko bashakaga ko ajya muri RNC ya Kayumba Nyamwasa akabyanga bakamufunga.U Rwanda nanone rushinja Uganda gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bw’uRwanda nka RNC na FDLR .

7,759 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.