Abaturage bahangayikishijwe n’umwijima uba mu Mugi wa Karongi kubera amatara yo kumuhanda ataka
— April 30, 2019
Please enter banners and links.

Abaturage mu Mugi wa Karongi bahangayikishijwe n’umwijima ninjoro kubera amatara yo kumihanda ataka bakavuga ko bibabangamiye mu buryo butandukanye.
Umwe mu bacuruzi bacururiza mu Mugi wa Karongi utarashatse ko amazina ye atangazwa aherutse gutangariza Ikinyamakuru Umusingi ko babangamiwe n’umwijima uba mu Mugi kubera amatara yo kumihanda ataka ati “Mwatubarije abayobozi impamvu amatara yo ku mihanda ataka tukamenya aho ikibazo kiri kuko wagirango n’imitako bashyize ku mihanda kandi agomba kwaka ninjoro”.

Amatara yo ku mihanda

Umujyi wa Karongi

BAGWIRE Esperance,Visi Meya ushinzwe ubukungu

NDAYISABA François,Meya w’Akarere ka Karongi
Ikinyamakuru Umusingi koko cyagiye kureba niba ayo amatara mu Mugi wa Karongi ataka maze dusanga koko ataka duhita dushaka kubaza Meya w’umugirije ushinzwe ubukungu w’Akarere ka Karomgi witwa Bagwire Esperance maze atubwira ko barimo gushaka uwo baha isoko ryo kujya ayatunganya mu gihe amatara yagize ikibazo.
Umwija mu mugi ushobora guteza umutekano mucye ku buryo abagizi banabi bashobora guteza ibibazo bakaba bakwiba abacuruzi bitwaje umwijima mu gihe imigi myinshi mu Rwanda iba yaka mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage.
Twari twabanje kubaza Meya w’Akarere ka Karongi tumwoherereza ubutumwa bugufi kuri Telephone ye nyuma yo kumuhamagara ntiyitabe ndetse n’ubutumwa bugufi ntiyabusubije.
3,708 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply