Perezida wa Kenya Uhuru Kinyatta kuza kwe mu Rwanda akahava yerekeza muri Uganda arashaka kuba umuhuza hagati ya Museveni na Kagame?
— March 12, 2019
Please enter banners and links.

Ku munsi w’ejo kuwa mbere tariki 11 Werurwe 2019 Perezida wa Kenya Uhuru Kinyatta yaje mu Rwanda ndetse yakirwa I Gabiro na Perezida Kagame hanyuma yurira indege umujyana I Kampala muri Uganda aho yagiranye ibiganiro na Perezida Museveni.
Abakurikirana ibya politike hagati ya Uganda n’uRwanda nkuko hamaze iminsi abakuru b’ibihugu bashyamiranye umwe avuga ku kindi gihugu bakaba bibaza niba Perezida Uhuru wa Kenya ashaka kuba umuhuza wa Perezida Kagame na Perezida Museveni wa Uganda.
Hari amakuru avuga ko Kenya iri guhura n’ibihombo kubera umupaka wa Gatuna utakinyurwamo n’imodoka nini ndetse n’abamwe mu bafite imodoka bakaba baratinye gukoresha iyo mihanda bahitamo guparika kubera ibyo bibazo biri kuvugwa hagati y’ibihugu byombi bikaba birimo guteza ibihombo Kenya n’ubwo n’ibindi nabyo bihomba kubera ko Bus zagenda ku munsi zitakigenda zose kubera abantu bagabanutse.



Perezida wa Kenya Uhuru Kinyatta ari kumwe na Perezida w’uRwanda Paul Kagame



Perezida Uhuru wa Kenya ari kumwe na Perezida wa Uganda Museveni Yoweri Kaguta

Amakuru akaba avuga ko Perezida Uhuru akaba ashaka kumva aho ikibazo kiri kugirango abe yagerageza kumvikanisha impande zombi gikemuke kuko kibangamiye abaturage ndetse n’ibihugu bimwe birimo guhura n’ingaruka z’ibyo bibazo.
Ibyaganiriwe hagati y’Abaperezida bose uko yahuye nabo ntibiramenyekana byose ariko isesengura rikaba rivuga ko Uhuru ari uko Kenya iri kubihomberamo akaba ashaka kureba uburyo ikibazo cyakemuka ,ubuhahirane bugakomeza uko byari bisanzwe.
4,422 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply