Impanuka y’indege ya Ethiopian Airlines yerekezaga i Nairobi yahitanye abantu 157 barimo umunyarwanda
— March 11, 2019
Please enter banners and links.

Indege ya Ethiopian Airlines yavaga mu Mujyi wa Addis Ababa muri Ethiopia igana i Nairobi muri Kenya, yakoze impanuka kuri iki cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2019 ihitana abantu 157 bose bari bayirimo harimo n’Umunyarwanda umwe.
Mu itangazo yashyize ahagaragara, Ethiopian Airlines yavuze ko iyi mpanuka yabaye ku rugendo ET 302/10 March, indege yari igeze mu gace ka Bishoftu (Debre Zeit).
Rikomeza rigira riti “Indege ya B-737-800MAX ifite ikirango ET- AVJ yahagurutse 08:38 mu gitondo i Addis Ababa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bole, ibura mu ikoranabuhanga 08:44.”
Cyakomeje kiti “Abakozi ba Ethiopian Airlines baroherezwa aho impanuka yabereye kandi turakora ibishoboka byose mu gufasha ibikorwa by’ubutabazi bwihuse. Iyi ndege yari irimo abagezi 149 n’abakozi bayo 8,”


Mu itangazo ryakurikiyeho, Ethiopian Airlines yavuze ko “Umuyobozi Mukuru wa Ethiopian Airlines uri aho impanuka yabereye, ababajwe no gutangaza ko nta n’umwe warokotse.”
Abayobozi batandukanye bahise bihanganisha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka nubwo hataratangazwa icyayiteye.
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yagize ati “Ku ruhande rwa leta n’abaturage ba Ethiopia, ndakomeza imiryango y’ababuze ababo n’abo bakundaga baguye mu ndege ya Ethiopian Airlines Boeing 737 yagombaga kujya i Nairobi muri iki gitondo.”
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, na we yavuze ko yababajwe n’impanuka y’indege itwara abagenzi ya Ethiopian Airlines, yabaye nyuma y’iminota itandatu gusa ihagurutse igana muri Kenya.
Ati “Nifatanyije n’imiryango n’inshuti z’abari bayirimo.”
Iki kigo cyemeje ko mu bari bayirimo nta warokotse, uko bose baturukaga mu bihugu 33 bitandukanye.
Izi ndege zo mu bwoko bwa Boeing 737 Max-8 ni nshya kuko zatangiye gucuruzwa mu 2016, zigatangira gukoreshwa mu ngendo za Ethiopian Airlines muri Nyakanga umwaka ushize.
Indi mpanuka ikomeye yaherukaga gushegesha iki kigo cy’indege yabaye mu Ugushyingo 1996 ubwo moteri imwe yahagararaga indege irimo kugerageza kugwa, bigatuma ikora impanuka yahitanye abagenzi 123 mu 175 bari bayirimo.
5,059 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply