umu amakuru- Umugore yakase umugabo we igitsina amuziza ko ataguze inyama n’igitoki kuri Noheli | Umusingi

Umugore yakase umugabo we igitsina amuziza ko ataguze inyama n’igitoki kuri Noheli

Please enter banners and links.

Umugore witwa Nakate Florence yakase umugabo we ubugabo amuziza ko ataguze inyama n’igitoki kuri Noheli.

Kuwa 25 Ukuboza 2018 mu gihugu cya Uganda ahitwa Kazo umugore yakase umugabo we ubugabo amuziza kutagura inyama n’igitoki byo kurya ku munsi wa Noheli.

Umugabo wakaswe ubugabo yitwa Abasi Muwanguzi yavuze ko yagiye kumva akumva umugore amubwira ngo sohoka muri iyi nzu nka saa cyenda z’ijoro undi yanze umugore afata indeberwamo amukata ubugabo bwe ariko ntibwacikaho.

 Nakate Florence yavuze ko yirwanagaho kuko umugabo we yashakaga kumukubita ariko abaturage bakaba bashinjaga umugore ko ariwe uhora arwana n’umugabo we ndetse bavuga ko umugabo atajya arwana bamuzi kuva cyera.

Bombi twawe kuri Polisi bagezeyo umugore ahindura imvugo avuga ko umugabo we yashakaga kumusambanya kungufu kandi we atabishaka.

Abasi bakase ubugabo bwe

Florence wakase umugabo we ubugabo

Ikanzu ya Florence yuzuyeho amaraso

Aba bombi bafitanye abana 2 ariko buri umwe ashinja undi ubusambanyi ,umugabo avuga ko atazi akazi umugore we akora kuko azinduka mu gitondo agenda akaguruka mu ijoro aho ashakiye atukana ashaka kurwana.

Umugore nawe ati umugabo hari igihe agenda akamara igihe ntazi iyo aba yansigiye abana n’ubu yari amaze iminsi atahari mubajije nti uzaniye iki abana ko umaze iminsi waradutaye atangira ku rwana.

Abaturanyi babo bagaye umugore cyane bavuga ko bamwumvise atuka umugabo we ko ataguriye abana inyama n’igitoki n’inkoko byo kurya kuri Noheli mu gihe ku baturanyi barimo babaga inkoko ndetse bahata igitoki bitegura kwizihiza Noheli.

 

 

4,899 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.