Umunyamakuru Phocas Ndayizera yarabuze, ubu hashize iminsi 7
— November 27, 2018
Please enter banners and links.

Muhanga – Kuwa gatatu w’icyumweru gishize mu gitondo nibwo yavuye mu rugo, kugeza ubu umunyamakuru Phocas Ndayizera yarabuze, umuryango we i Muhanga uri mu gihirahiro n’agahinda. Ndayizera ni umunyamakuru wigenga ukorera inkuru ze BBC ishami ry’ikinyarwanda.
Umugore we Mukarugira Chantal yabwiye Umuseke ko Ndayizera yavuye mu rugo kuwa gatatu mu gitondo agiye mu mugi i Muhanga gukoresha ‘Printing’ y’inyandiko.
Ati “kuva icyo gihe kugera ubu twaramubuze. Telephoni ze ntizicamo. Twashakiye ahantu hose dushoboye twaramubuze. Twanamenyesheje inzego zishinzwe umutekano.”
Mukarugira avuga ko umugabo we ubusanzwe atajya akuraho telephone ariko uwo munsi kuwa gatatu ku gicamunsi zari zavuyeho.
Mukarugira avuga ko nta bibazo mu mibanire n’abaturanyi, mu buzima busanzwe cyangwa mu kazi azi umugabo we agira.
Nyuma yo kumubura Mukarugira bukeye bwaho kuwa kane tariki 22 Ugushyingo yabimenyesheje urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha mu mugi wa Muhanga.
Umugore we avuga ko we n’abana ubu bari mu gihirahiro n’agahinda ko kuba nta gakuru ka Ndayizera, baheruka kuwa gatatu.
Modeste Mbabazi Umuvugizi w’uru rwego kuri uyu wa 27 Ugushyingo yabwiye Umuseke ko amakuru y’uko Ndayizera yabuze bayamenye ariko bagikurikirana ibura rye.
Ndayizera n’umugore we batuye mu mudugudu wa Munyinya Akagari ka Ruli mu murenge wa Shyogwe muri Muhanga. Bafite abana batatu bakiri bato.
Source:Umuseke.rw
2,617 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply