umu amakuru-  Kuki abagore aribo bakigaragaraho gukora akazi kavunanye cyane kandi haraje uburinganire? | Umusingi

12998693_10154095911474512_3812325537343414768_n  Kuki abagore aribo bakigaragaraho gukora akazi kavunanye cyane kandi haraje uburinganire?

Please enter banners and links.

12998693_10154095911474512_3812325537343414768_n

 

Ikinyamakuru Umusingi kuri uyu wa 1 Gucurasi 2016  cyakoze isesengura ku bagore bagikora imirimo ivunanye kandi haraje uburinganire.

Bamwe mu baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi bavuga ko uburinganire butaragera mu cyaro nkuko bwageze mu migi itandukanye yo mu Rwanda ndetse no ku isi yose usanga mu cyaro uburinganire bukiri inyuma cyane.

Mu Rwanda uko biri kuko mu Nteko bivugwa ko abagore baruta abagabo n’ubwo bakwiye kuba 50% kugirango izina uburinganire ribe rikoreshejwe neza kuko bivuga kuringanira nta uruta undi.

Mu Nteko ishingamategeko abagore bamaze kugera hejuru ya 60 nkuko bivugwa ariko mu bindi bihugu uburinganire usanga bukiri hasi cyane aho usanga umugore ariwe ujya gusenya inkwi zo gutekesha ,Kwikorera amazi ,kwikorera ibitebo by’imiwembe cyangwa imineke n’ibindi bicuruzwa ibyo no mu Rwanda nta mugabo uragaragara yikoreye agatebo acuruza buri gihe baba ari abagore.Iyo ubonye ifoto y’umugore wikoreye ibintu biremereye wowe utekereza iki muri wowe?.

12990983_10154095910944512_8353640382807247224_n

Usanga abagabo bakoresha amagare ,moto ,imodoka ariko kuki abagore bo bikorera ku mitwe ibiremereye?abagore bo ntibakwigishwa uburyo bwo gukoresha igare aho bibaye ngombwa?bakagishwa .

Hari umugabo utarashatse ko tuvuga amazina ye mu nama muri Hotel imwe muri Kigali yagize ati “abagore ntibakwiye kuvunika ukundi kuko amezi 9 amara atwite ntago aba akwiye kongera kuvunika ukundi”.

11224362_10154098239964512_8895207987505470246_n

Abafite inshingano mu kwigisha uburinganire mu miryango nka Minisiteri y’Umuryango na Profamme n’indi miryango itandukanye iracyafite akazi gakomeye ko kwigisha abagore ko batagomba kuvunika bakora akazi kavunanye bonyine badafatanije n’abagabo babo.

Undi nawe yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko umugabo n’umugore mu cyaro bajya guhinga bahingura umugore akajya kuvoma umugabo yicaye aruhuka ,umugore yazana amazi ayikoreye ku mutwe akajya mu gikoni gutekera umugabo ati ibyo bintu mucyaro biracyahari kandi ubwo sibwo buringanire bucyenewe.

Hari n’abumva uburinganire bakabwitwaza kubangamira abandi rimwe na rimwe bigateza amahane mu miryango ,ibi byose n’ingaruka zo kutamenya uburinganire icyo ari icyo .

Hagomba kubaho ubwumvikane buhagije mu muryango umwe ntiyumve ko abangamiwe cyangwa abangamiye undi bityo ikigiye gukorwa kikaganirwaho buri muntu akagikora n’umutima umwe nibwo uburinganire buba bugezweho.

ChNFD15WYAAZSNe

Benshi bemeza ko mu Rwanda intambwe yatewe ariko nahandi niko bigomba kumera kugirango ingaruka zo muri ibyo bihugu bindi bitzajya bidndiza uburinganire bwo mu Rwanda.

Gusa icyavuzweho cyane muri iyi nkuru n’abagore usanga bakikorera ibintu biremereye kandi abagabo babo batabyikorera ,urugero abacuruza udutaro ,mu cyaro barakikorera amajerekani y’amazi mu gihe abagabo bakoresha amagare nkaho abagore bo batashobora gutwara amagare .

Bimwe na bimwe bavuga ko ari umuco ubitera ariko hakwiye imbaraga mu guhindura imyumvire yabakivuga ko umugore ariwe ukora akazi ko mu rugo.

Gatera Stanley

 

3,263 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.