umu amakuru-  Inkuru iteye agahinda ku mukobwa urwaye Kanseri | Umusingi

13119101_1790913411138740_6883518078402530474_n  Inkuru iteye agahinda ku mukobwa urwaye Kanseri

Please enter banners and links.

13119101_1790913411138740_6883518078402530474_n

 

Umukobwa wigaga muri Kaminuza mu gihugu cya Uganda witwa Carol ubu akeneye Miliyoni 270 z’amashillingi ya Uganda kugirango ajye kuvurwa Kanseri yamufashe mu mihogo akananirwa kuvuga.

Iyo akuganirira arandika ariko ibyo yandika akubwira warira waba uri umugabo cyangwa umugore kuko afite agahinda gakabije aho avuga ko atari aziko uwo bakundanaga atari kumuta kubera indwara ya Kanseri yamufashe arangije ikizamini cya nyuma umwaka wa 3 wa Kaminuza.

Hari ikintu kigaragaza umutima wo gutabara abaturage muri Uganda bamaze kugaragaza cyane aho Itangazamakuru ryabigizemo uruhare aho hakozwe igikorwa cyo gutabara kugirango Carol w’imyaka 30 ajya kuvurwa muri America.

car

Nguwo hagati bamuzanye ahari habereye igikorwa cyo kumufasha

Buri muntu ufite imodoka abaherwe ,abahanzi n’abapolisi bagaragaye bajyana imodoka ahari hateguwe kuzogereza amafaranga avuyemo akaba ayo gufasha Carol kwivuza.Ku ikubitiro haje umuhanzi Bobi Wine n’umuherwe witwa SK Mbuga .

Buri muntu wahageraga yahitaga nawe yoza imodoka nk’ikimenyetso cyo gushyigikira Carol kugirango akire kuko nawe siwe witeye uburwayi .

13043695_1128488410545673_8204890055365386093_n

Bobi Wine yagaragaye ashishikariza abantu kugira umutima ufasha kugirango batabare umukobwa Carol urwaye Kanseri akire ati “twahisemo kuzana imodoka kozagesha amafaranga aboneka yose akajya gufasha Carol ariko na Leta ikwiye kuba ivuza abantu badafite ubushobozi kuko amafaranga Leta ntiyayabura ahubwo akoreshwa nabi”.

wash-bobi7

bobi wine and kizza besigye2

bes-2

Dr.Kiiza Besigye nawe yari yitabiriye igikorwa yoza imodoka mu rwego rwo gushyigikira

Bobi Wine akaba yakomeje avuga ko mu gihe Leta idafite uwo mutima wo kuvuza abantu badafite ubushobozi kandi bashobora kuvuzwa bagakira twe nk’abantu bafite umutima ufasha twahisemo kwitanga buri umwe agatanga icyo afite niyo cyaba igiceri cy’ijana ariko turebe ko ubuzima bwa Carol butagenda turebera.

Ubu hirya no hino mu gihugu cya Uganda bamaze gutanga agera kuri Miliyoni 200 hakaba habura Miliyoni mirongo irindwi gusa ariko nazo bakaba bafite ikizere ko ziri buboneke Carol akajyanwa muri America kuvurwa agakira.Imodoka yogerezwa ibihumbi mirongo itatu (30.000) naho moto ikogerezwa ibihumbi bitanu (5000)

Carol avuga ko yatangiye akorora amaraso ari ku ishuri aho yigaga kuri Uganda Christian University, Mukono mu mwaka wa 2011 ,gukorora birakomera kugeza ubwo umuvandimwe amujyanye kwa muganga bamusangamo Kanseri.

13055461_221100571593728_4039237105159228513_n

Umuherwe SK Mbuga

13043548_221100598260392_104932245566416969_n

13055352_221100558260396_6623805062598742649_n

13043675_221100601593725_5955025084753097672_n

n’abandi bazanye imodoka zabo kuzogesha

13095906_221100561593729_668670843896722754_n

11141331_1128677173860130_7116557290722666618_n

Umuhanzi Sheebah nawe yoza imodoka

Hari abazanye ibimoto bini cyane

13082484_1790913501138731_4631762014179613806_n

Bamaze kumusangamo Kanseri umuhungu bakundanaga w’umupolisi  yahise amuta arigendera akajya abwira abantu ko impamvu yamuretse ari uko indwara arwaye itazakira.

Umunsi wo koza imodoka Carol yazanywe muri BMW ifunguka hejuru n’ubwo nyiri iyo modoka atamenyekanye ahageze ahasanga abantu benshi yabanje kugaragaza ibyishimo amwenyura ariko ibyishimo byaramurenze kubera yumvaga Miliyoni 270 umuganga yababwiye kumuvuza ntaho zava kuko n’iwabo ibyo bari bafite byose barabigurishije birashira.

Abonye uburyo abantu bitabiriye igikorwa cyo kumushyigikira yararize maze afata ikaramu arandika ati maze umwanya ntekereza ijambo nyaryo ryo kubashimira ariko naribuze kuko murakoze numva idahagije.

13092042_1791446371085444_6900685605415587318_n

carol-4

13087744_1282267095121303_8063770597918180098_n

carol7

carol2

carol6

 

 

Mutumye uyu munsi ngira ikizere gikomeye ko nzakira kandi mutumye numva ko ndi umuntu w’igitangaza kuri iyi isi kuko siniyumvisha uburyo abantu bangana gutya mwaza gushyigikira Carol mutari muzi.

Carol yarahiye ati” ni ukuri ndishimye n’ubwo nabuze ijambo nyaryo ryo kubashimira ariko sinzareka guhora mvuga ngo murakoze kuri mwe mwese mufite umutima ufasha kandi Imana izamfasha nzakira kuko nayo ntiyakwemera ko ibi munkoreye biba impfabusa”.

Muri uwo muhango na Dr.Kiiza Besigye nawe yari yazanye imodoka ye kuyogesha ndetse yoza izabandi ati dufashanye Carol akire hanyuma tuzashaka umuti uburyo n’abandi bazajya bavurwa.

Carol yakomeje avuga ko nta kintu yigeze anywa atigeze asohokana n’abasore kwishimisha nk’abandi bakobwa biga Kaminuza ahubwo byarizanye ,abantu kubera kubura ijwi bakeka ko hari ibyo yanyoye.

 N’akababaro kenshi atewe na Kanseri hakiyongeraho ako yatewe n’umuhungu yakundaga cyane yari yaranze abahungu benshi wenda bari kumugirira akamaro ahitamo uwamutaye mu bitaro.

Carol agira ati nageze aho numva napfa kuko amakuru y’uwo muhungu yangeragaho nkarushaho kuremba ,rimwe nagiye kumva numva ngo afite umwana hanze kandi yari yarabimishe ,undi munsi numva ngo yabonye undi mukobwa bagiye gushakana ibyo byose byatuma nibaza impamvu ari njye Kanseri yahisemo.

Numvaga ibyo byose akora yarambeshye  nareba impeta yari yaranguriye ya feke bikambabaza cyane nkumva yaza akayitwara ariko Imana yonyine iba ifite inzira yaduteguriye kunyuramo.

Mu buzima bwanjye sindangaho umuhungu ariko uyu we sinzi uko nabyita ,yajyaga ambeshya ko we atameze nk’abandi bahungu akiyoberanya ariko Imana iramunyeretse n’ubwo imunyerekeye mu bihe bikomeye.

Ese mu Rwanda ko hari abantu benshi bakeneye ubufasha nk’ubwa Carol hari icyo itangazamakuru ribikoraho?iyi nzira se rirayizi ko ikiza abantu?ese abahanzi bo hari icyo bakora?.

Abaherwe se bo ntihari icyo bakora babonye ubibakangurira?.Wowe uri busome iyi nkuru wishyire mu mwanya nkaho Carol ari mushiki wawe icyo wakora?wumve ko Carol ari murumuna wawe cyangwa mukuru wawe.

Yanditswe na Gatera Stanley

3,160 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.