umu amakuru- Aline Gahongayire mu myitozo yoguterura ibyuma ngororamubiri (Gym). | Umusingi

Aline Gahongayire mu myitozo yoguterura ibyuma ngororamubiri (Gym).

Please enter banners and links.

Ni nyuma gatoyaho umugabo wa Aline Gahongayire witwa Gahima Gabriel amujyanye mu rukiko asaba ko batandukana burundu,nibwo umuhanzi wamenyekanye cyanr hano mu Rwanda mu ndirimbo zo guhimbaza Imana Aline Gahongayire yagaragaye mu myitozo ngororamubiri bigaragara ko yifuza kuzana ingufu n’imbaraga ku mubiri.

Uyu muririmbyi Aline Gahongayire n’umufasha we Gahima bamaze kugirana ikibazo cyo gutandukana inshuro zigera kuri ebyiri urukiko rwa Kacyiru bagerageza kubunga ariko byakomeje kuba agatereranzamba mu muryango wabo.

Aline Gahongayire uheruka gushyira ahagaragara umuzingo w’indirimbo 7 yise” New Women” tugenekereje mu Kinyarwanda yashakaga kuvuga”Umugore Mushya”uyu muzingo iyo witegereje neza usanga wuzuyemo ubutumwa bw’ibintu bitandukanye yabayemo n’ubuhamya bwe.

Aline Gahongayire

Twavuga ko kandi mbere y’uyumuzingo yari yasohoye undi muzingo ugizwe n’indirimbo 6 harimo indirimbo nka“Nzahora Mbibuka”“Umukiza Wanjye Ariho”“Amen”’Reka Nkuvuge Imyato”“Namani”n’izindi.

Uyu mugore yamaze kuyoboka imyitozo ngororamubiri avuga ko we agomba kuba umugore utandukanye n’uwoyari we mbere akubaka umubiri we ku buryo bukomeye,kandi akagabanya ibiro dore ko mbere yavuze ko yapimaga ibiro hafi 120  ariko asigaye kuri 73 abikesha imyitozo no kugabanya ibiryo birimo amavuta(fat).

Ku mafoto Gahongayire yashyize hanze abinyujije ku rukuta r we rwa Instagram yerekana ko akajije imyitozo kandi azabigumamo bitewe n’amagambo ya kurikije ifoto ye.

Mu magambo make ati”Namaze kubijyamo nzanabishobora ndiyizeye,umugore mushya ikerekezo gishya .

 David Mayira/umusingi.net

 

3,905 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.