umu amakuru- Nyuma ya Bishop Tom Rwagasana na Bishop Sibomana yandikiye ADEPR ayinenga uburyo yambwambuye inshingano z’ubupasiteri | Umusingi

Nyuma ya Bishop Tom Rwagasana na Bishop Sibomana yandikiye ADEPR ayinenga uburyo yambwambuye inshingano z’ubupasiteri

Please enter banners and links.

Abantu batangiye kwibaza byinshi nyuma yo kubona abahoze ari abayobozi bakuru muri ADEPR bamburwa inshingano z’ubupasiteri bakaba bose bandika banenga ubuyobozi bushya bwabasimbuye uburyo babambuye ubupasitori ataribwo .

Kuwa 27 Ukwakira 2017 nibwo uwahoze ari Umuvugizi w’Itorero rya Pantekote mu Rwanda, Bishop Sibomana Jean, yandikiye ubuyobozi bwa ADEPR buriho ubu, avuga ko icyemezo bwafashe cyo kumwambura inshingano za gipasiteri nta shingiro gifite ahubwo asaba ko bwamusura bukamenya imibereho ye.

Urwandiko rwa Bishop Sibomana Jean

Urwandiko rwandikiwe Bishop Sibomana Jean

Amabaruwa yambura inshingano z’ubupasiteri Bishop Sibomana Jean na Bishop Rwagasana Tom , avuga ko ADEPR yayashingiye ku ‘myitwarire mibi yabagaragayeho mu micungire y’umutungo w’Itorero no kutaba inyangamugayo nk’uko bigaragazwa muri raporo y’igenzura ku mikoreshereze y’umutungo w’Itorero rya ADEPR n’izindi mpamvu.’

Ku itariki ya 6 Ukwakira 2017, Bishop Rwagasana Tom yahise asubiza ADEPR ko ibyo bashingiyeho bamwambura inshingano nta gaciro bifite ndetse avuga ko ari ukumutesha agaciro muri rubanda.

Kuri ubu Bishop Sibomana na we yanditse ibaruwa igaragaza ko ibyashingiweho yamburwa inshingano atabyemera.

Yagize ati “Nta nama n’imwe yateranye mu nzego zose zo muri ADEPR maze ngo mpamagazwe, nerekwe iyo myitwarire mibi no kutaba inyangamugayo mu micungire y’umutungo nk’uko mubivuga mu rwandiko rwanyu. Raporo y’igenzura ku micungire y’umutungo muvuga ko mwashingiyeho biteye isoni kuko atari twe yakorewe kandi uyu munsi mukaba mutarigeze muyingaragariza ngo nerekwe kandi mumbaze ibindeba bidatunganye. Kuki mubigira ibanga niba nta kindi kibyihishe inyuma?”.

Muri iyi baruwa, akomeza agira ati “Biratangaje ukuntu usomye urubanza rumpamya icyaha mbere yuko ruba, ibi bikaba biteye urujijo ku bakirisitu ba ADEPR n’abandi bifuza kumenya ukuri ku bituvugwaho. Mu bubasha biro nyobozi ihabwa n’amategeko agenga ADEPR ibyo kutwambura inshingano ntibirimo”.

Asoza iyi baruwa agira ati “Mwene data muri Kirisitu, ukaba n’Umuvugizi wa ADEPR, ndabasaba mwebwe ubwanyu n’abo mufatanyije ubuyobozi mu nzego zitandukanye, kubanza gutera intambwe y’urukundo mugasura abo muvuga ko mwambuye inshingano, mukamenya n’ubuzima babayemo burimo uburwayi n’ibindi kuva aho bahuriye n’iki kigeragezo. Mbifurije amahoro n’imigisha bibonerwa muri Kirisitu Yesu.”

Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo aba bagabo bahoze bayoboye Itorero rya ADEPR batawe muri yombi. Tariki ya 30 Gicurasi 2017, abagize Inteko Rusange ya ADEPR bahuriye mu nama idasanzwe, batora abasimbura abari bafunze.

Hirya no hino byatangiye kuvugwa vugwa ko n’abayobozi bashya bashobora guhura n’ibibazo batitonze kubera gufata ibyemezo nk’ibi kuko hari abo bitashimishije kandi bakomeye muri ADEPR.

Umwe mu baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi ariko adusaba amazina ye kuyagira ibanga yagize ati “Yewe ndabona abayobozi bacu bashya basa n’abafite inyota y’ubuyobozi kuko gufata icyemezo nka kiriya cyo kwambura abahoze ari abayobozi batababajije wa mugani n’ikibazo turakibona kuki batabanje bakabatumiza bakabereka ibyo bashinjwa bakaza cyangwa bakanga bakabona gufata icyemezo n’ubundi ko ntawari kubabuza ariko bakaba bikuyeho urubanza none dore bitangiye guteza rwaserera”.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kongera kubaza Umuvugizi Mukuru wa ADEPR Rev.Karuranga Ephrem niba uru rwandiko rwa 2 yandikiwe na Bishop Sibomana Jean yarubonye n’icyo aruvugaho dore ko ubwo twamubazaga ku rwa Bishop Tom Rwagasana yavuze ko atararubona nta nicyo yaruvugaho uru tukaba tutashoboye kuvugana nawe kuri Telephone ye igendanwa.

 

 

3,606 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.