umu amakuru- Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 68 ivuga ko bubanye neza n’uRwanda | Umusingi

Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 68 ivuga ko bubanye neza n’uRwanda

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatatu tariki 27 Nzeri 2017 ku kicaro cya Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda iherereye mu Mujyi wa Kigali niho habereye umuhango wo kwizihiza  isabukuru y’imyaka 68 China ibayeho.

Umuhango watangijwe na Ambasaderi RAO Hongwei & Madam ZHOU Li yatangiye ashimira abitabiriye ubutumire mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 68 igihugu cya China kibayeho maze avuga byinshi bimaze kugerwaho bishimishije.

H.E. RAO Hongwei & Madam ZHOU Li yabwiye abari bitabiriye umuhango ko igihugu cya China n’abaturage b’icyo gihugu biyemeje kwishyira hamwe ndetse bagakorera hamwe mu bufatanye na Demokarasi bagamije guteza imbere igihugu cyabo.

Ambasaderi H.E. RAO Hongwei & Madam ZHOU Li yavuze ku bintu byinshi igihugu cya China gikora harimo ibijyanye na IT ,Uburezi aho yavuze ko buri mwana wese yigira ubusa muri China.

H.E. RAO Hongwei & Madam ZHOU Li ari kumwe na Minister of State Dr Uzziel Ndagijimana

Yakomeje avuga ko abaturage ba China bafite ubwishingizi mu kwivuza ndetse ashimira u Rwanda ko narwo mu mezi 7 amaze mu Rwanda yasuye ibikorwa bitandukanye mu rwego rwo kureba imibereho asanga bafite na Mituelle de Sante.

Yashimangiye ku mubano w’ibihugu byombi netse ashimira Perezida Kagame wasuye mugenzi we w’Ubushinwa Shi Ping kandi ko bagiranye ibiganiro byiza kandi yizeye ko ubufatanye buzakomeza.

Abo n’Abanyacyubahiro batandukanye bari bitabiriye umuhango

H.E. RAO Hongwei & Madam ZHOU Li

Minister of State Dr Uzziel Ndagijimana niwe wari uhagarariye u Rwanda muri uwo muhango akaba yarashimiye HE. RAO Hongwei & Madam ZHOU Li kubutumire ndetse abwira abitabiriye umuhango ko Perezida Kagame utabashije kwitabira umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 68 igihugu cya China kibonye ubwigenge ariko abizeza ko u Rwanda na China ari ibihugu bifitanye umubano mwiza kandi uRwanda ruzakomeza gukorana neza na China.

Umuhango wo kwizihiza isabukuru wari witabiriwe n’abanyubahiro benshi cyane ndetse bakaba barakiriwe neza nyuma yo kubabwira ibijyanye n’ubutumire abatumiwe bagize n’umwanya wo gusangira ndetse baganira.

Gatera Stanley

2,594 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.