Itaramakofe Manny Pacquiao yakubiswe n’uwahoze ari umwarimu bitangaza benshi
— July 2, 2017
Please enter banners and links.

Umunya-Philippines, Manny Pacquiao, wamamaye mu mukino w’iteramakofe, yakubiswe bikomeye mu buryo butunguranye n’Umunya-Australia, Jeff Horn, mu mukino wabereye imbere y’abafana ibihumbi mirongo itanu kuri Stade ya Suncorp.
Manny Pacquiao, umaze kwamamara mukino w’iteramakofe yavuzwe cyane mu 2015 ubwo yahanganaga n’umunyamerika Floyd Mayweather mu mukino wari waravuzwe kuva mu 2009.
Kuri iki Cyumweru yari yakinnye n’umunya-Australia umaze imyaka 10 muri uyu mukino nyuma yo kureka akazi k’ubwarimu Jeff Horn. Byari byitezwe ko nta kabuza Pacquiao aza gutsinda ariko mu buryo bwatunguye benshi, akanama nkemurampaka kemeje ko atsinzwe ku manota 117-111, 115-113, 115-113.


Manny Pacquiao iburyo
Bombi bakinaga mu cyiciro cy’abatarengeje ibiro 67 gusa ugutsindwa kwa Pacquiao wateye mugenzi we ingumi 182 kuri 92, kwatumye abakurikiye uyu mukino binubira ibyemejwe n’akanama nkemurampaka.
Nka Lennox Lewis ufite umudari w’isi inshuro eshatu muri iki cyiciro, yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko bitumvikana uburyo Horn yatsinda asa n’utigeze arwana.
Uku gutsindwa kwa Pacquiao gutumye mu buzima bwe mu mikino 59 yakinnye atsindwa irindwi akanganya ibiri mu gihe Horn we mu mikino 17 amaze gukina ataratsindwa ariko yanganyije inshuri imwe.
Imibare y’ibyavuye muri uyu mukino igaragaza ko mu bipfunsi 92 Horn yateye muri byo 73 byari bikomeye.
Pacquiao yaherukaga gutsindwa na Floyd Mayweather ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wahenze kurusha indi yose mu mateka y’isi aho ubarirwa miliyoni zisaga 300 z’amadolari ya Amerika, no kurebwa n’abantu bari hagati ya Miliyoni 2,5 na miliyoni 3 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
2,221 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply