Rulindo:Basabwe guteza imbere iby’iwabo ku munsi wahariwe koperative
— June 30, 2017
Please enter banners and links.

Nyiramajyambere Josephine umuyobozi w’ishami rishinzwe guteza imbere ishoramari n’umurimo mu Karere ka Rulindo yabwiye abaturage kwibumbira hamwe bagakorera mu ma koperative kuko ari byo bizabafashe kwihuta mu iterambere.
Ibyo yabivuze ku munsi wahariwe ama koperative aho yagize ati ‘‘Turabasaba kugira ishyaka ryo kwiteza imbere iby’iwacu bikorerwa muri ‘‘Made in Rwanda’’, mugaharanira ko koperative zanyu zitera imbere, mukirinda kuba ba baringa no kuryamisha ubuzima gatozi bwanyu’’.
Abo banyamuryango bibumbiye muri koperative basabwe gukorera ku mihigo bakagaragaza ibyo bakora, bagakorana n’ubuyobozi, kuko ari byo bizabafasha kubona isoko ry’ibyo bakora.
Mujawayezu Marie Josée ukora uduseke akadutwara muri America akaba yibanda ku rubyiruko akaba afite koperative yitwa ngwinukore Bushoki ikora ububoshyi yagize ati ‘‘Nahoraga nkora njyenyine byarangoraga, narabohaga nkirirwa mbibungana ku isoko, kuko nakoraga ariko nta komande mfite, nta ahantu nakoreraga hazwi’’.
Yagize ati ‘‘ubu ngubu dufite ubuzima gatozi n’icyicaro kizwi, abazungu baduha komande, tuboha dukurije ibyo badusabye, ifaranga rikajya ku rindi, ntabwo duta umwanya w’ubusa, n’abandi batari abazungu turabakorera ibyo bifuza’’.
Uwo munyamuryango ahamya ko iyo koperative imeze neza kandi ko n’abanyamuryango ba ngwinukore Bushoki bameze neza. Akarere ka Rulindo kahawe icyemezo cy’ishimwe mu gukorana neza na ma koperative.
Abaturage basobanuriwe itandukaniro hagati ya koperative n’ibimina, amatsinda n’amashyirahamwe, yasabwe gukora cyane ngo azabe Koperative, kuko kujya muri koperative bifite inyungu nyinshi.
Basanda Oswald
2,461 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply