Diane Rwigara yahuye na Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda ibyaganiriweho biracyari ibanga
— June 30, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi aravuga ko Diane Rwigara uherutse kutaza ku rutonde rwabemerewe kuba Perezida kandi yaravuze ko yatanze ibyangombwa byose yahuye na Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda.
Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Erica Ruggle yatangaje ku rubuga rwe rwa twitter ko yishimiye guhura no kumva Diane Rwigara ushaka kuba Perezida w’uRwanda.
Abantu batandukanye ku mbuga nkoranya mbaga nka twitter na Facebook bakaba barimo kwibaza icyo abo bombi baganiragaho n’ubwo bombi nta uratangaza ibyo baganiriye.
N’ubwo Ikinyamakuru Umusingi cyamenye ayo makuru hari makuru ko uyu munsi Kuwa 30 Kamena 2017 Diane Rwigara ari bugirane ikiganiro n’abanyamakuru aho Ikinyamakuru Umusingi kiribubone akanya ko kumubaza ibyo yaba yaganiriye na Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Erica Ruggle.
Inkuru irambuye tukaza kuyibagezaho nyuma y’ikiganiro Diane Rwigara ari bugirane n’abanyamakuru I Nyamirambo.
Gatera Stanley
3,076 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply