Uwahoze ari meya w’ Akarere ka Rutsiro yatawe muri yombi
— March 3, 2016
Please enter banners and links.

Byukusenge Gaspard, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro ucyuye igihe yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 2 Werurwe 2016.
Bamwe mu bo bakoranaga mu karere badutangarije ko Byukusenge yitabye Polisi ku Cyicaro cyayo Gikuru ku Kacyiru agahita atabwa muri yombi.
Gaspard Byukusenge wahoze ayobora akarere ka Rutsiro ngo yaba yatawe muri yombi.
Umwe mu bakozi b’Akarere ka Rutsiro utashatse ko amazina ye atangazwa, yagize ati “Nanjye numvise ko amaze iminsi yitaba agataha ariko ngo uyu munsi ku wa gatatu tariki 2 Werurwe yitabye agezeyo bahita bamufunga kubera ko hari umuntu uri Kacyiru aho afungiwe wahise umpamagara arabimbwira.”
Mu gihe tugitegereke ko Polisi igira icyo ivuga kuri aya makuru, nta kintu turumva kivugwa uyu mugabo wahoze ayobora Akarere ka Rutsiro yaba azira.
Abaye koko yatawe muri yombi, Byukusenge Gaspard, yaba abaye uwa kabiri ufunzwe mu bo bayoboranaga ako karere,
Murenzi Thomas wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako Karere yatawe muri yombi ku wa 17 Ugushyingo 2015 ashinjwa kwaka no kwakira ruswa.
Nkuko bigaragara mu bindi bitangazamakuru byo mu Rwanda bigaragara ko umuvugizi wa polisi y’igihugu ACP Celestin Twahirwa yemeje amakuru ko uyu meya afunzwe ariko akurikiranywe n’urwego rw’umuvunyi.
Umusingi1@gmail.com
2,879 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply