umu amakuru- Ngiye guhangana n’abayobozi b’inzego zidakora ibyo zikwiye gukora –Perezida Kagaame | Umusingi

Ngiye guhangana n’abayobozi b’inzego zidakora ibyo zikwiye gukora –Perezida Kagaame

Please enter banners and links.

Perezida Kagame umunsi uhura n’abanyamakuru ndetse n’abahanzi n’abakora siporo yavuze ko agiye guhangana n’abayobozi b’inzego zitandukanye zidakora ibyo bakwiye gukora.

Ibi Perezida Kagame yabivuze kubera ibyo yasomaga mu binyamakuru ndetse avuga ko yigeze gutumirwa muri Olympics agezeyo asanga abayobozi aribo benshi kurusha abagiye gukina.

Perezida Kagame inshuro nyinshi akunda kuvuga kuri service zitangwa ko zitangwa nabi ,niyo mpamvu abo bayobozi avuga agiye guhangana nabo akwiye guhera ku birimo Amashyirahamwe y’abamotari kuko yuzuyemo ibibazo byinshi aho usanga abantu barishyuye ibyangombwa hagashira umwaka urenga bitaraboneka kandi abishyuye bagacibwa amande.

Perezida Kagame abwira abanyamakuru n’abahanzi ko agiye guhangana n’abayobozi b’inzego bakora ibyo badakwiye gukora

Muri ayo mashyirahamwe havugwamo ruswa nyinshi ziterwa nayo mande aho usanga bafite abasekirite bashinzwe gufata moto zidafite ibyangombwa aho bafata moto bakumvikana n’umumotari akabaha make bakamureka n’umunsi ukurikiye bakamufata.

Ahandi havugwa ibibazo naho Perezida akwiye kubaza abayobozi baho impamvu badaha abakiriya servise nziza ni muri Transport gutwara abagenzi aho usanga imirongo y’abantu bateze imodoka ari benshi cyane n’abazibonye bakagenda bahagaze.

Ahandi akwiye kwitaho cyane ni muri siporo cyane cyane umupira w’amaguru aho yavuze ko yagerageje bikanga ariko yagize ati “sindaheba sinumva ko twabura abakinnyi beza bishobora kuba bifite aho bitagenda neza”.

Ahandi ni mu nzego z’ibanze aho usanga hari abantu baba barigize indakoreka bakubita abantu bagatwara amasambu n’amatungo bitwaje ko babayeho abasirikare ariko nta muyobozi wa muvugaho ndetse hari n’abayobozi usanga batinda guha abaturage service baba baje kubasaba ibi byose Perezida Kagame biramubabaza cyane kuko we yifuza ko umuturage ahabwa service nziza ariyo mpamvu avuga ko agiye guhangana nabo .

Ndayambaje F

 

2,077 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.