Ngiye guhangana n’abayobozi b’inzego zidakora ibyo zikwiye gukora –Perezida Kagaame
— June 3, 2017
Please enter banners and links.

Perezida Kagame umunsi uhura n’abanyamakuru ndetse n’abahanzi n’abakora siporo yavuze ko agiye guhangana n’abayobozi b’inzego zitandukanye zidakora ibyo bakwiye gukora.
Ibi Perezida Kagame yabivuze kubera ibyo yasomaga mu binyamakuru ndetse avuga ko yigeze gutumirwa muri Olympics agezeyo asanga abayobozi aribo benshi kurusha abagiye gukina.
Perezida Kagame inshuro nyinshi akunda kuvuga kuri service zitangwa ko zitangwa nabi ,niyo mpamvu abo bayobozi avuga agiye guhangana nabo akwiye guhera ku birimo Amashyirahamwe y’abamotari kuko yuzuyemo ibibazo byinshi aho usanga abantu barishyuye ibyangombwa hagashira umwaka urenga bitaraboneka kandi abishyuye bagacibwa amande.

Perezida Kagame abwira abanyamakuru n’abahanzi ko agiye guhangana n’abayobozi b’inzego bakora ibyo badakwiye gukora
Muri ayo mashyirahamwe havugwamo ruswa nyinshi ziterwa nayo mande aho usanga bafite abasekirite bashinzwe gufata moto zidafite ibyangombwa aho bafata moto bakumvikana n’umumotari akabaha make bakamureka n’umunsi ukurikiye bakamufata.
Ahandi havugwa ibibazo naho Perezida akwiye kubaza abayobozi baho impamvu badaha abakiriya servise nziza ni muri Transport gutwara abagenzi aho usanga imirongo y’abantu bateze imodoka ari benshi cyane n’abazibonye bakagenda bahagaze.
Ahandi akwiye kwitaho cyane ni muri siporo cyane cyane umupira w’amaguru aho yavuze ko yagerageje bikanga ariko yagize ati “sindaheba sinumva ko twabura abakinnyi beza bishobora kuba bifite aho bitagenda neza”.
Ahandi ni mu nzego z’ibanze aho usanga hari abantu baba barigize indakoreka bakubita abantu bagatwara amasambu n’amatungo bitwaje ko babayeho abasirikare ariko nta muyobozi wa muvugaho ndetse hari n’abayobozi usanga batinda guha abaturage service baba baje kubasaba ibi byose Perezida Kagame biramubabaza cyane kuko we yifuza ko umuturage ahabwa service nziza ariyo mpamvu avuga ko agiye guhangana nabo .
Ndayambaje F
2,077 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply