Abafana ba Man United baraye mu byishimo nyuma yo gutwara igikombe cya Europa League
— May 24, 2017
Please enter banners and links.

Abafana ba Man United ku Isi hose baraye mu byishimo nyuma y’uko ikipe yabo imaze gutwara igikombe cya Europa League kuri uyu wa 24 Gicurasi 2017 muri Stockholm muri Sweden.
Igitego cya mbere cyatsinzwe n’umukinnyi Paul Pogba bakunda kwita Miliyoni 100 ndetse bavuga ko ari igihombo kuri Man United naho igitego cya 2 gitsindwa na Henrik Mkhitaryan umukinora urangira ari ibitego 2 bya Man United ku busa bwa Ajax.
Impamvu abafana ba Man United bishimye cyane ni uko iyo ikipe yabo idatwara iki gikombe itari kuzakina Champions League umwaka utaha ariko ubwo itwaye iki gikombe izakina muri Champions League kuko niko itegeko rivuga.



Ubundi Champions League ikinwa n’amakipe 4 aba yabaye aya mbere bityo Man United ikaba yari yarangirije ku mwanya wa 6 ndetse uyu mwanya yawumaze igihe kirekire cyane ,iyi kipe Shampiyona itangira abanyamakuru bakomeye ku isi bayihaga amahirwe yo gtwara igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza ariko igitangaje yarangirije ku mwanya wa 6.
Umutoza Jose Mourinho utoza Man United akaba yishimye cyane ariko nanone Imana ibimufashijemo kuko iyo adatwara iki gikombe yari guseba cyane n’ubwo hari bamwe batangiye kuvuga ko agiye muri Champions League anyuze mugikari umuntu w’umugabo koko?watoje amakipe akomeye arimo Real Madrid ,Intermilan ,Chelsea none akaba asigaye anyura mugikari.
Ndayambaje F
2,415 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply