Zari Umugore w’umuhanzi Diamond umugabo we wa mbere Ivan w’umuherwe yitabye Imana
— May 25, 2017
Please enter banners and links.

Ivan Semwanga wahoze ari umugabo wa Zari usigaye ubana n’umuhanzi Diamond Platnumz, yitabye Imana aguye mu bitaro byo mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2017.
Ivan Semwanga n’umugabo uvugwaho ubukire akaba yarakunze kubigaragaza ubwo yitabiraga ibitaramo muri Uganda akajya asuka amashilingi mu bantu bitabiriye igitaramo akaba yarabikoze inshuro nyinshi.

Ivan Semwanga wahoze ari umugabo wa Zari atanga amafaranga mu gitaramo


Ibumoso ni nyakwigenera umuherwe Ivan Semwanga naho iburyo ni umuhanzi Diamond ubu ukundana na Zari
Zari ubana na Diamond bafitanye abana babiri muri iki gihe, yabanje gukundana igihe kirekire na Semwanga ndetse banabyaranye abana batatu. Uyu mugore yakunze kuvuga ko nubwo yatandukanye n’uwo mugabo urukundo amufitiye ari ’urw’iteka’.
Semwanga ni umucuruzi ukomeye wo muri Uganda wabaga muri Afurika y’Epfo. Yitabye Imana ku myaka 40 y’amavuko azize indwara yo gucika imitsi yo mu bwonko.
Yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane aho yari arwariye mu bitaro by’I Pretoria muri Afurika y’Epfo. Mu butumwa Zari yacishije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko Semwaga yari umugabo mwiza ndetse ko yakundaga kumubwira ko ubuzima ari buto bityo ko umuntu akwiye kubukoresha neza mu gihe akibufite.
Ati “ Imana ikunda abantu badasanzwe kandi uko niko wari umeze ndetse ndakeka ariyo mpamvu yashatse ko uyisanga”. Yakomeje avuga ko Semwaga yafashije abantu benshi bamugannye ndetse asigiye umurage mwiza abahungu babyaranye.
Semwanga yari afite ishuri n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi muri Afurika y’Epfo. Muri Uganda ho azwi mu bikorwa bye by’ubugiraneza akaba yaranigeze gutera inkunga ikipe y’Igihugu ya Uganda, Uganda Cranes.
2,971 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply