Gitifu wa Muhima ari mu maboko ya polisi akekwaho ruswa
— March 23, 2017
Please enter banners and links.

Ejo Kuwa 22 Werurwe 2017 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima, John Ruzima, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano aho akurikiranyweho icyaha cyo kwaka ruswa.
Ruzima yafashwe ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel yabitangarije itangazamakuru.
“Nibyo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwaka indonke. Kuri ubu ari mu maboko ya Polisi mu gihe iperereza rigikomeje.
”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima, John Ruzima
Ku bijyanye n’umuntu yakaga ruswa ndetse n’umubare w’amafaranga yamusabaga SP Hitayezu yatangaje ko amakuru yabyo agikusanywa, byose bizashyirwa hanze iperereza rirangiye.

Ibumoso ni Col.Twahirwa Dodo na Ruzima John
Ingingo ya 635 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko “ Umuntu wese usaba, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, wakira, ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemeye amasezerano yabyo kugira ngo agire icyo akora kinyuranyije n’amategeko cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu kugeza ku myaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza ku icumi z’agaciro k’indonke yatse.”
Ruzima yakozeho mu kigo kimwe tutavuze amazina yacyo cy’itumanaho mu Rwanda amakuru akaba avuga ko naho yavuyeyo imyitwarire ye atari myiza.
Hari abantu batangiye kuvuga ko Ruzima ashobora kuba afite icyo apfana na Col.Twahirwa Dodo .
2,792 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply