Gitifu wa Muhima ari mu maboko ya polisi akekwaho ruswa
— March 23, 2017
Please enter banners and links.

Ejo Kuwa 22 Werurwe 2017 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima, John Ruzima, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano aho akurikiranyweho icyaha cyo kwaka ruswa.
Ruzima yafashwe ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel yabitangarije itangazamakuru.
“Nibyo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwaka indonke. Kuri ubu ari mu maboko ya Polisi mu gihe iperereza rigikomeje.
”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima, John Ruzima
Ku bijyanye n’umuntu yakaga ruswa ndetse n’umubare w’amafaranga yamusabaga SP Hitayezu yatangaje ko amakuru yabyo agikusanywa, byose bizashyirwa hanze iperereza rirangiye.

Ibumoso ni Col.Twahirwa Dodo na Ruzima John
Ingingo ya 635 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko “ Umuntu wese usaba, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, wakira, ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemeye amasezerano yabyo kugira ngo agire icyo akora kinyuranyije n’amategeko cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu kugeza ku myaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza ku icumi z’agaciro k’indonke yatse.”
Ruzima yakozeho mu kigo kimwe tutavuze amazina yacyo cy’itumanaho mu Rwanda amakuru akaba avuga ko naho yavuyeyo imyitwarire ye atari myiza.
Hari abantu batangiye kuvuga ko Ruzima ashobora kuba afite icyo apfana na Col.Twahirwa Dodo .
2,834 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply