Breaking News: AIGP Andrew Felix Kaweesi umuvugizi wa Polisi ya Uganda yarashwe n’abantu bataramenyekana
— March 17, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru yazindutse acicikana uyu munsi Kuwa 17 Werurwe 2017 mu gihugu cya Uganda n’inkuru ibabaje y’Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yavaga iwe mu rugo i Kulambiro mu Mujyi wa Kampala.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Bukedde ivuga ko Kaweesi n’abarinzi be babiri n’umushoferi barasiwe mu modoka y’umukara yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite ikirango cya UP 4778, ubwo bari bavuye mu rugo berekeza ku kazi.



Umuyobozi wa Polisi muri Uganda, IGP Gen. Kale Kayihura yahise asesekara ahabereye ubu bwicanyi n’abandi bapolisi kugira ngo batangire iperereza ku waba yihishe inyuma y’ubwo bwicanyi.
Urupfu rutunguranye rw’uyu muyobozi rwatumye benshi batangira guterwa ubwoba no kuba hashobora kuba hari gututumba umwuka utari mwiza ahanini ushingiye ku mutekano muke uri muri iki gihugu.

Abandi bantu batandukanye batangiye kuvuga ko abaturage batishimiye ubutegetsi ndetse bakavuga ko ari ingaruka zo kugundira ubuyobozi kuri Perezida Museveni.Abaturage batangiye gutinya bavuga ko hashobora kuba hagiye kuba intambara .
Bamwe mu baturage batuye aho Kaweesi yarasiwe batangarije Televiziyo ya Bukedde ko yarashwe n’abantu baje kuri moto 2 bambaye amakote y’umukara n’umweru maze barasa amasasu menshi ku modoka ye bose abari bayirimo barapfa.
Bamaze kubica bakomeje kurasa amasasu menshi cyane hejuru mu kirere hafi ikirometero cyose kugirango hatagira ubitambika imbere bityo baburirwa irengero.
Igihugu cya Uganda muri iyi minsi kiravugwamo umutekano muke kuko hashize iminsi abantu batazwi bafata abantu kungufu bakabatwara bagasaba ko baboherereza amafaranga kuri mobile money ndetse abandi barabica.
Gatera Stanley
3,133 total views, 7 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply