umu amakuru- Breaking News: AIGP Andrew Felix Kaweesi umuvugizi wa Polisi ya Uganda yarashwe n’abantu bataramenyekana | Umusingi

9dd37ded-3dd0-43bf-83ce-7d654b0147edBreaking News: AIGP Andrew Felix Kaweesi umuvugizi wa Polisi ya Uganda yarashwe n’abantu bataramenyekana

Please enter banners and links.

9dd37ded-3dd0-43bf-83ce-7d654b0147ed

Amakuru yazindutse  acicikana uyu munsi Kuwa 17 Werurwe 2017 mu gihugu cya Uganda n’inkuru ibabaje y’Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yavaga iwe mu rugo i Kulambiro mu Mujyi wa Kampala.

Inkuru  dukesha ikinyamakuru Bukedde ivuga ko Kaweesi n’abarinzi be babiri  n’umushoferi barasiwe mu modoka y’umukara yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite ikirango cya UP 4778, ubwo bari bavuye mu rugo berekeza ku kazi.

andrew_kaweesi-02868

9dd37ded-3dd0-43bf-83ce-7d654b0147ed

6b1b74ee-806a-4a12-b465-9c2c68bf08e3

Umuyobozi wa Polisi muri Uganda, IGP Gen. Kale Kayihura yahise asesekara ahabereye ubu bwicanyi n’abandi bapolisi kugira ngo batangire iperereza ku waba yihishe inyuma y’ubwo bwicanyi.

Urupfu rutunguranye rw’uyu muyobozi rwatumye benshi batangira guterwa ubwoba no kuba hashobora kuba hari gututumba umwuka utari mwiza ahanini ushingiye ku mutekano muke uri muri iki gihugu.

DSC1084-620x305

Abandi bantu batandukanye batangiye kuvuga ko abaturage batishimiye ubutegetsi ndetse bakavuga ko ari ingaruka zo kugundira ubuyobozi kuri Perezida Museveni.Abaturage batangiye gutinya bavuga ko hashobora kuba hagiye kuba intambara .

Bamwe mu baturage batuye aho Kaweesi yarasiwe batangarije Televiziyo ya Bukedde ko yarashwe n’abantu baje kuri moto 2 bambaye amakote y’umukara n’umweru maze barasa amasasu menshi ku modoka ye bose abari bayirimo barapfa.

Bamaze kubica bakomeje kurasa amasasu menshi cyane hejuru mu kirere hafi ikirometero cyose kugirango hatagira ubitambika imbere bityo baburirwa irengero.

Igihugu cya Uganda muri iyi minsi kiravugwamo umutekano muke kuko hashize iminsi abantu batazwi bafata abantu kungufu bakabatwara bagasaba ko baboherereza amafaranga kuri mobile money ndetse abandi barabica.

Gatera Stanley

 

 

3,067 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.