umu amakuru- Breaking News :ADEPR igeze aho yemera ibyo Nzahura torero yayisabaga Sibomana ashobora kuba ari muri nzahura torero | Umusingi

toomBreaking News :ADEPR igeze aho yemera ibyo Nzahura torero yayisabaga Sibomana ashobora kuba ari muri nzahura torero

Please enter banners and links.

toom

Amakuru ageze ku kinyamakuru Umusingi aka kanya ni uko uyu munsi tariki 10 Werurwe 2017 ubuyobozi bw’Itorero ADEPR mu Rwanda bwakoreshe inama  yigitaraganya n’Abashumba(Pastors)  kubera kotswa igitutu na Komisiyo nzahura torero .

Amakuru akaba avuga ko iyo nama yabereye mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.Abashumba bakaba baturutse mu Turere 4 aritwa Rubavu ,Ngororero ,Nyabihu na Rutsiro.

Bamwe muri Komisiyo Nzahura torero batashatse ko amazina yabo atangazwa babwiye Ikinyamakuru Umusingi ko ADEPR igezaho ikemera ibyo bayisaba guhindura bitaba ibyo bagakurwa kubuyobozi.

toom

Bishop Sibomana Jean ibumoso na Bishop Rwagasana Tom

img_8010

Mutuyemariya Christine DAF

Ikigaragara ni uko Nzahura torero imaze kugira abantu benshi ndetse n’Abashumba bari muri iyo nama bakaba ari abo muri Nzahura torero.

Andi makuru akaba avuga ko umuvugizi wa ADEPR Bishop Sibomana Jean nawe ashobora kuba ashyigikiye Nzahura torero kubera ko nta rugendo na rumwe yagiyemo mu gihe ubuyobozi bwa ADEPR bumaze iminsi buzenguruka igihugu cyose bigisha abakristo kwamagana Nzahura torero.

Amakuru tugikurikirana akaba avuga ko Bishop Sibomana Jean impamvu atajyana n’abandi bayobozi ari uko bamutahuye ko ashobora kuba ashyigikiye  Nzahura torero tukaba tukimushakisha kugirango tumubaze impamvu atajyana n’abandi bayobozi kandi ariwe ubakuriye.

Tubashyiriyeho raporo y’inama yabereye I Rubavu namwe mwirebere tukaba tugishakisha abayobozi muri ADEPR kugirango tubabaze icyo inama yari igamije.

Amakuru akaba avuga ko ejo tariki 11 Werurwe 2017 ubuyobozi bwa ADEPR buzakomereza mu Karere ka Nyamasheke .Inkuru irambuye turacyayikurikirana tukaba turi buyibagezeho tumaze kuvugana n’impande zombi.

RAPORO Y’INAMA BIRO NYOBOZI Y’ADEPR YAGIRANYE N’ABASHUMBA, PASTORS KU GISENYI✍

 

Abitabiriye inama

-pst  Tom Rwagasana

-Pst Sebagabo

-Mme Christine Mutuyemariya

-Umushumba w’ururembo n’uwungirije,

-abashumba b’Uturere

-abashumba ba paruwasi

– abakuru b’itorero

Ibiganirwaho

NzahuraTorero

Kuri izi ngingo, havuzwe ko NzahuraTorero iba mu Mujyi wa Kigali, ntabwo iragera Gisenyi. Nta kibazo iteye I Gisenyi kuko idahari.

Inyubako za Gisozi

Kuri iyi ngingo havuzwe ko Indembo n’uturere bihagarika kongera gusaba abakristo amafaranga ya Gisozi hamwe n’inyubako zatangijwe n’indembo. Ibi bigomba guhagarara mugihe cy’umwaka.

Ariko amatorero akagerageza kwishyura Gisozi B (inguzanyo zafashwe kugirango haboneke umusanzu w’inyubako zo Ku Gisozi.)

Ikigega CICO Ltd

Kuri iyi ngingo, bavuze ko Rwiyemezamirimo yatsinzwe urubanza, noneho yemera kuba atanze miliyoni 70 kugirango abakristo batanze imigabane muri CICOLtd bishyurwe umuntu Ku Giti cye kugeza mu kwezi kwa Kamena 2017. Ariko Kolari ntabwo zirimo, zizishyurwa mu cyiciro cya kabiri.

Divers

– Abayobozi ba ADEPR hari imodoka baguze kandi ntabwo bari gukora umurimo w’Imana bagenda n’ibirenge.

Murakoze

Intumwa ya NzahuraTorero mu nama yabereye I Rubavu.

2,983 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.