ku rutonde rw’ abatoza 8 bazavamo uzatoza Amavubi">
ku rutonde rw’ abatoza 8 bazavamo uzatoza Amavubi
— February 15, 2017
Please enter banners and links.

Ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru mu Rwanda Ferwafa ryamaze guhitamo abatoza umunani muri 52 bari banditse basaba akazi ko gutoza ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda Amavubi idafite umutoza muri iyi minsi.
Ubwo ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru Ferwafa ryashyiraga hanze itangazo rivuga ko hakenewe umutoza mushya wafata ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda, haje kugaragara urutonde rw’ abatoza bagera kuri 52 bose bifuzaga gutoza iyi kipe.
Nyuma yo kwakira ayo mabaruwa asaga 52 yabifuza Amavubi, Ferwafa yamaze guhitamo urutonde rw’ abatoza 8 bazakurwamo umwe uzahabwa iyi kipe yanasubiye inyuma ku rutonde ngaruka kwezi rwa Fifa.

Mu batoza bakuwe ku rutonde harimo Didier Gomes Da Rosa na Goran Kopunovich bigeze gutoza amwe mu makipe abarizwa mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.FERWAFA iratangaza ko aba batoza 8 basigaye aribo bazahamagarwa gukora ikizamini cy’akazi cy’ibazwa (interview).
Hari amazina akomeye mu butoza bw’umupira w’amaguru agaragara ku rutonde rwabasigaye harimo nk’umubiligi Georges Leekens watozaga ikipe y’igihugu ya Algeria muri CAN, umunyanigeriya Samson Siasia, umubiligi Paul Put wagejeje Burkina Faso ku mukino wa nyuma wa CAN ya 2013.
Abatoza 8 bazatoranywamo umwe uzatoza Amavubi
1. Antoine Hey (Umudage)
2. Georges Leekens (Umubiligi)
3. Jose Rui Lopes Aguas (Umunyaportugal)
4. Paul Put (Umubiligi)
5. Peter James Butler (Umwongereza)
6. Winfried ‘Winni’ Schafer (Umudage)
7. Raoul Savoy (Umusuwisi)
8. Samson Siasia (Umunyanigeriya)
2,647 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply