umu amakuru- ku rutonde rw’ abatoza 8 bazavamo uzatoza Amavubi | Umusingi
<img class=ku rutonde rw’ abatoza 8 bazavamo uzatoza Amavubi">

4hm_7919_wku rutonde rw’ abatoza 8 bazavamo uzatoza Amavubi

Please enter banners and links.

4hm_7919_w

Ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru mu Rwanda Ferwafa ryamaze guhitamo abatoza umunani muri 52 bari banditse basaba akazi ko gutoza ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda Amavubi idafite umutoza muri iyi minsi.

Ubwo ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru Ferwafa ryashyiraga hanze itangazo rivuga ko hakenewe umutoza mushya wafata ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda, haje kugaragara urutonde rw’ abatoza bagera kuri 52 bose bifuzaga gutoza iyi kipe.
Nyuma yo kwakira ayo mabaruwa asaga 52 yabifuza Amavubi, Ferwafa yamaze guhitamo urutonde rw’ abatoza 8 bazakurwamo umwe uzahabwa iyi kipe yanasubiye inyuma ku rutonde ngaruka kwezi rwa Fifa.
vllkyt57clmstgbgb.ed2868fd

Mu batoza bakuwe ku rutonde harimo Didier Gomes Da Rosa na Goran Kopunovich bigeze gutoza amwe mu makipe abarizwa mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.FERWAFA iratangaza ko aba batoza 8 basigaye aribo bazahamagarwa gukora ikizamini cy’akazi cy’ibazwa (interview).
Hari amazina akomeye mu butoza bw’umupira w’amaguru agaragara ku rutonde rwabasigaye harimo nk’umubiligi Georges Leekens watozaga ikipe y’igihugu ya Algeria muri CAN, umunyanigeriya Samson Siasia, umubiligi Paul Put wagejeje Burkina Faso ku mukino wa nyuma wa CAN ya 2013.

Abatoza 8 bazatoranywamo umwe uzatoza Amavubi

1. Antoine Hey (Umudage)
2. Georges Leekens (Umubiligi)
3. Jose Rui Lopes Aguas (Umunyaportugal)
4. Paul Put (Umubiligi)
5. Peter James Butler (Umwongereza)
6. Winfried ‘Winni’ Schafer (Umudage)
7. Raoul Savoy (Umusuwisi)
8. Samson Siasia (Umunyanigeriya)

2,559 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.