umu amakuru- AHF yagaragarije itangazamakuru ko SIDA igihari n’ibyakorwa kugirango ikomeze kugabanuka | Umusingi

Dr.AsiimweAHF yagaragarije itangazamakuru ko SIDA igihari n’ibyakorwa kugirango ikomeze kugabanuka

Please enter banners and links.

Dr.Asiimwe

Kuwa 22   Ukuboza 2016 muri Classic Hotel habereye ikiganiro n’abanyamakuru cyateguwe n’umushinga AHF ushinzwe kurwanya SIDA bakaba bishakaga kugaragariza itangazamakuru bimwe mu bikorwa bagezeho mu mwaka wa 2016 nibyo bateganya gukora umwaka utaha.

Umuyobozi wa AHF Rwanda  witwa Dr.Brenda Asiimwe Kateera yabwiye abanyamakuru ko SIDA igihari ndetse asaba ko buri wese yagira uruhare rwo gukomeza gukangurira abantu kwirinda SIDA.

Yagize ati “n’ubwo SIDA yagabanutse ariko iracyahari niyo mpamvu tubahamagara kugirango mukomeze mukangurire abantu gukomeza kwirinda kuko itangazamakuru rigera kuri benshi ikaba ariyo mpamvu tubasaba ko dukomeza tugatanga ubutumwa bwo kwirinda SIDA”.

Umuhuzabikorwa muri AHF witwa Hakizimana Etienne yavuze ku bituma SIDA igabanuka aho yagarutse ku ruhare rw’itangazamakuru ndetse avuga n’abantu kuba imyumvire yarateye imbere bakamenya ko SIDA ari mbi ndetse avuga n’uruhare rw’abafatanyabikorwa byose bituma abantu bamenya ububi bwa SIDA bakayirinda n’ubwo hari abandi bake ariko nabo nuguhozaho twigisha.

Yavuze ko umwaka wa 2015 hipimishije abantu ibihumbi Magana abiri cumin a bitanu (215000)naho 2016 hipimishije abantu ibihumbi magana abiri mirongo irindwi na kimwe (271000)bivuze ko umubare wabipimishije uyu mwaka wazamutse kikaba ikimenyetso ko abantu baba bamenye SIDA icyo aricyo bakajya kwipimisha kubushake kugirango bamenye uko ubuzima bwabo bumeze.Mu bipimishije mu mavuriro 20 akorana na AHF basanze abanduye ari ibihumbi bitanu (5000).

Mu kurwanya SIDA AHF yatanze udukingirizo Miliyoni imwe n’ibihumbi mirongo inani n’umunani (10.88000)ndetse bashyiraho za kiosque 4 batangiramo udukingirizo ku buntu mu mujyi wa Kigali .

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru hifujwe ko uyu mushinga wakorana n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru barwanya SIDA mu Rwanda ABASIRWA kuko bagira gahunda zitandukanye zo kuzengura igihugu bakora inkuru kuri SIDA.

Gatera Stanley

2,815 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.