Mu bantu 15750 bapimwe agakoko gatera SIDA 37 nibo basanganywe ubwandu bushya
— December 6, 2023
Please enter banners and links.

Nkuko bimaze kumenyerwa ko tariki ya 1 Ukuboza buri mwaka uba ari umunsi wo kurwanya SIDA ku isi ,Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda rishinzwe kurwanya SIDA n’ibindi byorezo (ABASIRWA)ryasuye Akarere ka Kirehe guhera tariki ya 27-29/11/2023 mu rwego rwo kureba uko serivise z’Ubuzima zitangwa muri ako Karere.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru Dr Jean Claude Munyemana yavuze ko mu rwego rwo kurwanya ubwandu bushya bw’agakoko gatera SIDA hakorwa gahunda nyinshi harimo ibiganiro by’ubukangirambaga bwo kwirinda agakoko gatera SIDA,gutanga udukingirizo ndetse no gupima abantu kugirango bamenye uko bahagaze bityo abasanganywe ubwandu bagatangira kwitabwaho.
Dr Jean Claude Munyemana yagize ati “guhera mu kwezi kwa cumi hapimwe abantu 15750 ariko 37 nibo basanganywe ubwandu bushya”.
Akarere ka Kirehe gafite abaturage 5010 banduye virusi itera Sida bafata imiti. Ubuyobozi buvuga ko ubwandu bushya kuri ubu bwiganje mu mirenge ya Nyamugari, Kigarama, Kigina, Kirehe na Gatore yose ikora ku muhanda uva Rusumo ku mupaka ukagera Ngoma.

Dr Jean Claude Munyemana

Abanyamakuru bahabwa amakuru y’Ubuzima mu Karere ka Kirehe na Dr Jean Claude Munyemana
Umuntu ashobora kwibaza impamvu abanyamakuru bahisemo gusura Akarere ka Kirehe akaba yakwibaza ati wasanga ariko gafite abantu benshi banduye agakoko gatera SIDA ariko ntabwo ariyo mpamvu ahubwo Umunyamabanga nshingwabikorwa wa ABASIRWA Bwana Innocent Bahati yabwiye abanyamakuru ko Kirehe ari Akarere gahana imbibi n’Igihugu cya Tanzania bityo kubera urujya n’uruza rw’abantu hashobora kuba abantu bazana ubwandu bushya bityo itangazamakuru nkuko ari ijisho rya rubanda rikaba ryakora ubuvugizi mu gihe hari ikibazo.
Uwiduhaye Gaudence ukuriye abakora umwuga w’uburaya mu mirenge itatu ya Kigina, Kirehe na Gatore, avuga ko abiyandikishije bakora uyu mwuga ari 255 muri iyi mirenge.
Yavuze ko bahawe umuganga ubitaho ubasha gukurikirana ubuzima bwabo bwa buri munsi ndetse ngo anabaha udukingirizo dutuma babasha kwirinda.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janvière
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janvière, aganira n’abanyamakuru abajijwe niba imibare y’abarwaye yiyongera cyangwa igabanuka ati “Imibare ntiyagabanuka ahubwo iriyongera kuko abantu bapimwa haba harimo abanduye bityo imibare ikagenda yiyongera kuko kugabanuka byo ntibyashoboka”.
Gatera Stanley
3,200 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Gahunda igi ry’Umwana na Kundwa kibondo byagabanije imirire mibi mu Bana muri Sovu
Hubatswe ibigo nderabuzima 50 muri Huye na Nyamagabe mu myaka 7 ishize
99% by’akato n’ihezwa ku bafite virusi itera SIDA byarashize muri Koperative Girubuzima Nyange
Abafungirwa muri za Kasho za RIB bafite agakoko gatera SIDA barasaba kwitabwaho byihariye
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply