Abapolisi 20 barangije amahugurwa y’ubugenzacyaha bwifashisha ubuhanga mu binyabuzima
— November 19, 2016
Please enter banners and links.

Abapolisi 20 bakorera mu bugenzacyaha, ejo barangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu ku bugenzacyaha bwifashisha ubuhanga mu binyabuzima.
Aya mahugurwa yabereye mu ishuri rikuru rya Polisi(NPC) ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kaminuza ya Maastrich mu Budage hamwe n’umuryango EP-Nuffic ushinzwe uburezi ku rwego mpuzamahanga mu Budage.
Asoza ayo mahugurwa, umuyobozi wa NPC, Commissioner of Police(CP) Felix Namuhoranye yashimye ubushake abayitabiriye bagaragaje kubera umuvuduko yari afite kandi akaba yarageze ku byari byitezwe.
Yakomeje asaba abahuguwe kuzabyaza umusaruro ubumenyi bayakuyemo.
Aha CP Namuhoranye yagize ati:” Twizeye ko ibyo mwize muzabishyira mu ngiro.Mwibukeko ibyo muzakora nyuma yayo ari ibijyanye n’ibyo mwigiyemo.”
Yakomeje avuga ko nyuma y’aya mahugurwa hazakomeza andi yo kwiyibutsa ku bapolisi kugirango bagumane ubumenyi bugezweho muri ubu bugenzacyaha.
Umuyobozi w’agateganyo w’ubugenzacyaha muri Polisi y’uRwanda, Assistant Commissioner of Police(ACP) Morris Murigo yavuze ko yizeye ko ubumenyi bwizwe n’aba bapolisi atari bo bonyine buzagirira akamaro ahubwo ari ku banyarwanda bose.
Yabasabye kubusangiza bagenzi babo bakorana mu bugenzacyaha kandi ashimira abafatanyabikorwa, abigishije n’abatumye amahugurwa agenda neza.
Umuyobozi w’amahugurwa, Heinz Greijn yashimye abayitabiriye uko bayitwayemo kugeza arangiye.
Mu byumweru bitatu bamaze, aba bapolisi babonye amasomo ku bugenzacyaha, uko bita ku habereye icyaha no kubika ibimenyetso byatanzwe n’abatangabuhamya.
Source/RNP
2,477 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply