umu amakuru-  Umwami Kigeli V Ndahindurwa yatanze atageze ku mugambi we wa gutaha mu Rwanda | Umusingi

Umwami v  Umwami Kigeli V Ndahindurwa yatanze atageze ku mugambi we wa gutaha mu Rwanda

Please enter banners and links.

Umwami v

 

Umwami wategetse u Rwanda, Kigeli VI Ndahindurwa, wari mu buhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze.

Kuri uyu wa 16 Ukwakira 2016  nibwo inkuru yaturutse muri America aho Umwami Kigeli V  Ndahindurwa byavuzwe ko yatanze (yapfuye).

Ntibavuga ko Umwami yapfuye bavuga ko yatanze ariyo mpamvu dushatse gusobanurira aba batabizi ko gutanga bikoreshwa ku Mwami bisobanuye ko aba yapfuye mu magambo asanzwe.

Ndahindurwa yategetse u Rwanda kuva kuwa 28 Nyakanga 1959 kugeza ku ya 28 Mutarama 1961 ubwo yahiritswe ku butegetsi binyuze mu nkundura y’ubwigenge.

Umwamii

Umwami yizihiza umunsi w’amavuko

Umwami

Umwami Kigeli Ndahindurwa V(Photo internet)

Frank

Perezida w’Ishyaka Green Party(Photo internet)

Muri iki cyumweru ngo yafashwe n’uburwayi ajyanwa mu bitaro amaramo iminsi itatu arapfa.

Jean Baptiste Ndahindurwa yavutse ku ya 29 Kamena 1936, abyawe n’umwami Yuhi V Musinga.

Ezra

Pasiteri Ezra Mpyisi wagiye kuganira n’Umwami kugirango atahe mu Rwanda (Photo internet)

Yabaye umwami mu 1959 asimbuye Mutara Rudahigwa ariko amaze imyaka ibiri ahirikwa ku butegetsi asimburwa na Dominique Mbonyumutwa wari ushyigikiwe n’abakoloni b’Ababiligi.

Yatanze nta mwana afite ndetse ntiyigeze ashaka.

Umwaka ushize mu bitangazamakuru bitandukanye handitswe inkuru zitandukanye zivuga ko Leta y’uRwanda ishaka gucyura Umwami Kigeli Ndahindurwa V ariko bikavugwa ko yashakaga gutaha nk’Umwami kandi ingoma y’Ubwami yararangiye.

Kuri radio ijwi ry’America hatambutse inkuru aho Bonice Benzige umuvugizi mu biro by’Umwami yemeje ko u Rwanda rwohereje itsinda ry’abantu bayobowe na Pasiteri Ezra Mpyisi bashaka ko ataha.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi akaba avuga ko yari yarabwiye inshuti ze ko yifuza ko azatanga ageze mu gihugu cye u Rwanda none bikaba bidashobotse.Imana imuhe iruhuko ridashira.

Mu minsi ishize Ishyaka rya Green Party riyobowe na Frank Habineza riherutse gutangaza ko risaba ko Umwami Kigeli Ndahindurwa V acyurwa mu Rwanda none akaba yatanze ikifuzo cyabo kitagezweho.

Rwego Tony

 

 

3,188 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.