Sadate yahagaritse inzego zose za Rayon Sports hasigara urwego rumwe gusa,Ese Rayon Sports yarashimuswe ?
— August 10, 2020
Please enter banners and links.

Umuyobozi wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yandikiye ibaruwa izindi nzego zivugwa muri Association Rayon Sports ko zihagaritswe usibye Komite Nyobozi ayoboye, ngo ni mu rwego rwo kubanza kunonosora amategeko.
Ibaruwa yo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kanama 2020, ivuga ko “usibye Komite Nyobozi izindi nzego zose zigaragara muri Association Rayon Sports zibaye zihagaritswe kugera igihe inonosorwa ry’amategeko shingiro y’Umuryango rizarangirira hakajyaho inzego zishuye n’ayo mategeko.”
Rayon Sports isanzwe iyobowe na Komite eshatu, hari Komite Nyobozi y’ikipe (iyobowe na Munyakazi Sadate), Inama y’Ubutegetsi (Board) na Komite y’Umuryango wa Rayon Sports.
Ibi bibaye mu gihe Abayoboye Rayon Sports (Ziriya Komite zindi) baheruka kwandikira Munyakazi Sadate bamusaba gutegura Inama y’Inteko Rusange bavugaga ko yazafatirwamo imyanzuro igamije gukemura ibibazo iyi kipe imazemo iminsi.

Umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate



Perezida wa Rayon Sports, Sadate Munyakazi yahise yandikira abakunzi ba Rayon Sports ko Inteko Rusange yari yasabwe gutumiza atakiyitumije.
Ibaruwa y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) yo ku wa 7 Kanama 2020 isaba Komite Nyobozi ya Rayon Sports kuba ihagaritse izindi nzego zose ziri mu buyobozi.
Nyuma yo kumva iyi baruwa ihagarika zimwe mu nzego za Rayon Sports hari abakunzi b’iyi kipe batangiye kuvuga ko ikipe yabo ishobora kuba yarashimuswe batabizi.
2,902 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply