Uganda: Abajenerali babiri ba UPDF bapfiriye umunsi umwe
— July 2, 2020
Please enter banners and links.

Kuri uyu munsi Igisirikare cya Uganda cyemeje ko Maj Gen Eric Mukasa wari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yaguye mu bitaro bya Nakasero mu Murwa Mukuru Kampala kuri uyu wa Kane, hamwe na Brigadier General Victor Maregano Twesigye we wanyereye mu bwiyuhagiriro.
Umuvugizi w’Ingabo za Uganda (UPDF), Brig Richard Karemire, yemeje urupfu rw’aba basirikare bakuru mu ngabo za Uganda.
Ubwo yemezaga urupfu rwa Gen Mukasa, Umuvugizi wa UPDF yagize ati “Twatakaje undi mujenerali w’intwari.” Yemeje ko yari amaze igihe arwaye.
Brigadier General Twesigye yaguye iwe mu rugo i Nyarushanje ahitwa Rukungiri, nyuma yo kugwa mu bwihuhagiriro. Yaherukaga koherezwa mu mirimo ku cyicaro gikuru cy’Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), i Arusha.
Urupfu rw’aba bagabo rubayeho nyuma y’iminsi mike hapfuye undi ofisiye wo ku rwego rwa jenerali, Brigadier General Jackson Bell Tushabe. Tushabe wari ufite imyaka 61, warwanye intambara ya NRA, yapfuye ku wa Kabiri na we aguye mu bitaro bya Nakasero.

Ku wa 9 Kamena nabwo Maj Gen Kasirye Ggwanga wari mu kiruhuko cy’izabukuru, akaba umwe mu babaye igihe kinini mu gisirikare cya Uganda, yitabye Imana azize uburwayi ku myaka 68 y’amavuko.
Gen. Kasirye na we yaguye mu bitaro bya Nakasero aho yavurirwaga nyuma y’uburwayi bwamufashe muri Mata uyu mwaka.
Ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko undi musirikare mukuru muri Uganda, Col Samuel Nkeera, ushinzwe ibikorwa mu ishami rishinzwe kongera ubushobozi, nawe arembeye muri ibi bitaro bya Nakasero mu Murwa Mukuru i Kampala.
3,552 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply