umu amakuru-  Uwishe umugore we akamushyingura mu mugina Polisi yawumukujeyo imifatiyeho imbunda | Umusingi

tema-703x422  Uwishe umugore we akamushyingura mu mugina Polisi yawumukujeyo imifatiyeho imbunda

Please enter banners and links.

tema-703x422

 

Amaze igihe kirekire yihakana  bamushyizeho iterabwoba kugirango ko bafite ibimenyetso ko ariwe wishe Flavia Namata akamukataho umutwe akawuhisha ahantu hatazwi.

Turashaka umutwe wonyine tukureke ugende.Yageze aho abwira abasirikare bo mu itsinda ryitwa Flying Squad ati niba muri 2 ndababwira ariko nimubishyiramo n’abandi ntacyo ndibubabwire wenda munkubite munyice cyangwa mundase amasasu anyice bigire inzira.

Amaze kwemera ko ajya kubera aho umutwe bakoze ibyo yabasabye maze arababaza ati “murashaka umutwe?muze mbatware aho uri ariko nimugerageza kubyinjizamo abandi bantu nababwiye ko ntaribuwubereke”.Bamushyize mu modoka yabo uko ari abasirikare 2 nawe wa 3 abajyana ahitwa Ziroobwe mu Karere ka Luweero .

Yabagendesheje bagera aho imodoka bayisinga binjira ishyamba bagenda ibirometero nko 15 n’amaguru binjira mu Ishyamba rya Pine aho yababwiye ko yacukuye umugina umutwe akawushyinguramo.

Yabanje kubazengurutsa utugina dutoduto n’abasirikare imbunda bazikoze biteguye kumurasa aramutse agize icyo akora muri iryo shyamba ariko yagezaho agera ku mugina yabitsemo umutwe w’umugore we ati ngaha aho nawuhishe.

tema-703x422

Umugina yaberetse batwikuruyeho ibyatsi byari biwutwikiriye babona ishashi yawushyizemo n’imisatsi igaragara bayikurayo n’umunuko wakubise hose .

Uyu mugabo yari yambitswe amapingu atwikirije ijaketi kugirango abantu batamubona bagateza ibibazo akaba yabacika.Bamaze kubona umutwe w’uwahoze ari umugore we bamusubije Ziroowe kuri polisi yahoo aho bashatse abandi basirikare basubira mu Ishyamba kujya kuzana umutwe.

Abwira Polisi uburyo yishemo umugore we

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda Fred Enanga yavuze ko Lubega yabasobanuriye uburyo yishemo umugore we ko yumvise ko Namata yajyanye Kasule mu babyeyi yahamagaye umugore we amukubita inkoni mu mutwe n’umujinya mwinshi cyane ahita yikubita hasi azana umuhoro amutemaho umutwe.

Lubega yavuze ko yamaze gutema umugore we ijosi igihimba akijyana ahitwa Kakiri ku muhanda ujya Masuliita ku Nyanja arangije ikijugunya aho ,umuhoro yamutemesheje awujugunya mu Nyanja.Yatangiye kujya ahamagara abavandimwe ababaza niba bazi aho ari ndetse n’inshuti ze aburabuza.

Muhungu John

3,060 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.