U Rwanda rwasabye ko imishyikirano y’ibiganiro bigamije gufungura imipaka hagati yarwo na Uganda isubikwa ariko Museveni asa n’uwitegura intambara
— November 15, 2019
Please enter banners and links.

Hari hateganijwe imishyikirano hagati y’uRwanda na Uganda ku bijyanye no gufungura imipaka ,imishyikirano ikaba yari iteganijwe kuba tariki ya 18 Ugushyingo 2019 ariko u Rwanda rukaba rwasabye ko isubikwa nkuko bigaragara muri kopi y’ibaruwa yandikiwe Uganda.
Ofwono Opondo ni umuvugizi wa Leta muri Uganda akaba yabwiye itangazamakuru ryo muri icyo gihugu ko u Rwanda arirwo rurimo gutinza imishyikirano yo gufungura imipaka.
Ibihugu byombi bisa n’ibiterana amagambo kuko na Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 8 uku kwezi yavuze ku kibazo cya Uganda n’uRwanda aho yavuze ko hari ibaruwa Uganda yanditse ko itakiriki yagomba guhuza impande zombi muri Uganda kuwa 16 Ukwakira 2019 yimuriwe 16 Ugushyingo 2019 ariko u Rwanda ntirwamenyeshejwe ahubwo avuga ko babisomye mu binyamakuru.

Urwandiko rusbika imishyikirano

Aba bari ku ikosi ya gisirikare muri Uganda


Aba n’abasirikare basoje amasomo yo gutwara ibimodoka by’intambara byitwa Burende
Inama y’imishyikirano ku kibazo cy’uko imipaka yafungurwa abantu bakongera guhahirana iya mbere yari yabereye mu Rwanda nyuma z’indi z’abakuru b’Ibihugu bakoreye u Luanda muri Angola ,indi ikaba yagombaga kubera I Kampala ariko ubu bibaye inshuro 2 itaba aho bamwe bavuga ko izi nama ntacyo zizakemura gifatika.
Hari abavuga ko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bishobora kuvamo intambara ndetse hari abavuga ko Perezida Musveni asa n’urimo gutegura intambara kubera ko mu minsi yashize yazengurutse ibigo bya gisirikare byose muri Uganda ndetse akagirana inama n’abasirikare bakuru babikuriye.
Museveni arangije kuzenguruka ibigo bya gisirikare byose yongeye kugaragara asoza amasomo y’abasirikare barwanisha indege z’intambara ubu ku munsi w’ejo akaba yarasoje amasomo cyangwa amahugurwa y’abatwara ibimodoka by’intambara byitwa za Burende (Tank chrew).
Ibihugu byombi birashinjanya aho u Rwanda rushinja Uganda gufunga abanyarwanda babarenganije ndetse no kubahohotera naho Uganda igashinja u Rwanda guhungabanya umutekano w’icyo gihugu ndetse Uganda ikavuga ko abafatwa bose baba barinjiye muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko ndetse abandi bagashinjwa kuba ba maneko.
Twabibutsa ko hari impunzi z’abanyarwanda zafatiwe muri Uganda zikagarurwa mu Rwanda harimo na Lt.Joel Mutabazi n’abagenzi be ndetse Uganda ikabishyira kuri Rene Rutagungira ubu ufungiwe Uganda ariko ibi byose Perezida Kagame akaba yarabihakanye akavuga ko Rene Rutagungira yazize ko bashakaga ko ajya muri RNC ya Kayumba Nyamwasa akabyanga bakamufunga.U Rwanda nanone rushinja Uganda gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bw’uRwanda nka RNC na FDLR .
7,761 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
ITOHOZA:Uko Gakire yavuye muri Amerika aje kuba Umudepite akisanga I Mageragere byamenyekanye
Breaking News:William Ruto niwe utangajwe nka Perezida wa 5 wa Kenya,impamvu atsinze haravugwa Uganda
Abantu babiri baguye mu gitero i Nyamagabe cyagabwe n’inyeshyamba za FLN
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply