umu amakuru- Rusizi:Imiryango 17 yimuriwe Kibangira yahawe ubutaka bwo guhinga | Umusingi

Rusizi:Imiryango 17 yimuriwe Kibangira yahawe ubutaka bwo guhinga

Please enter banners and links.

Ikibazo cy’Imiryango 17 y’abaturage bimuwe bavanwa mu murenge wa Nyakabuye mu Ukwakira 2017 kubera gusenyerwa n’intambi z’ihacukura kariyeri n’uruganda rwa Cimerwa bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira aho bubakiwe inzu nziza nk’ingurane y’izo bari batuyemo cyakemutse.

Kuri uyu wakabiri tariki 22/10/2019 mu gikorwa kiyobowe n’umuyobozi w’Akarere ka Rusizi bwana KAYUMBA Ephrem bahawe ubutaka bwo guhinga bubegereye mu murenge wa Bugarama akagari ka Ryankana ku musozi wa Rwanankuba.

Iyi miryango yahawe buri wese ingurane y’ubutaka bwo guhinga bungana n’ubwo yari afite aho bimuwe mu murenge wa Nyakabuye.

Ubu butaka bahawe bose hamwe bukaba bungana na hegitari 2 bukuwe ku butaka bw’Akarere bungana na hegitari 8 buri kuri uyu musozi.

MANIRIHO Antoinette umwe mu baturage bo muri iyi miryango yagize ati “ Turashima ubuyobozi budukemuriye ibibazo rwose n’ikimenyetso cy’imiyoborere myiza y’abayobozi bacu. Kuba duhawe imirima yo guhinga isimbura iyacu turanyuzwe cyane”.

Yakomeje agira ati :”ubu tugiye kuvana amaboko mu mifuka ubundi duhinge twihaze mu biribwa ndetse duhinge n’imbuto nk’izo twari dufite aho twimutse.

Bamwe mu baturage bahawe ubutaka

Naho umusaza NSENGUMUREMYI Kanoti ukuriye iyi miryango yagize ati “rwose ubu turanyuzwe kandi tubonye koko ko ubuyobozi bw’Akarere kacu bwumva abaturage bugaharanira ineza yabo”.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi bwana KAYUMBA Ephrem yabasabye kuzabyaza umusaruro ubu butaka bahawe bikabafasha kuzamura imibereho myiza yabo bihaza mu biribwa.Yabibukije kandi ko bagomba kuba umusemburo w’imyumvire ikwiye n’iterambere rirambye.

Meya wa Rusizi Bwana Kayumba Ephrem abajijwe n’Ikinyamakuru Umusingi ku bijyanye n’igikorwa cyabaye cyo guha abaturage ingurane y’ubutaka akaba yagize ati “Abaturage nibo dukorera kandi twifuza ko tubakorera ibibashimisha kandi bishimiye ubutaka twabahaye bw’ingurane kandi twabashishikarije  ko ubwo butaka bahawe babubyaza umusaruro bagahinga bakeza, bagatera imbere”.

Gatera Stanley

 

2,733 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.