Amavubi yatsinze Ethiopia nyuma yo gutsinda Seychelles na DR.Congo yiyongerera amahirwe yo gukina CHAN 2020
— September 23, 2019
Please enter banners and links.

Ku cyumweru tariki 22 Nzeli 2019 Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru ‘Amavubi’ y’abakina imbere mu gihugu, yakuye intsinzi muri Ethiopia, ihatsindira igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike ya CHAN 2020 wabaye kuri iki Cyumweru mu Mujyi wa Mekelle.
Ethiopia yihariye umupira mu minota myinshi y’igice cya mbere yarangiye u Rwanda rubonyemo uburyo bubiri gusa bwo kubona igitego kuri Mekelle Stadium.
Umunyezamu w’u Rwanda, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, yafashe umupira ukomeye watewe na Ahemed Reshid mbere y’uko Amavubi na yo asatira maze ba myugariro ba Ethiopia barwana ku izamu ry’ikipe yabo.
Hayeder Sherifa yahushije uburyo bwiza ku ruhande rwa Ethiopia ku mupira yahawe ari mu rubuga rw’amahina, awukozeho ujya hanze. Nyuma y’iminota ibiri, iyi kipe yari mu rugo yabonye ubundi buryo bwiza ku ishoti rikomeye ryatewe na Amanuel Mikael, umupira ukurwamo na Bakame.

Amavubi
Amavubi yihagazeho mu gice cya kabiri ndetse afungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Sugira Ernest ku munota wa 60 w’umukino nyuma yo kwigarama umupira w’umuterekano watewe na Iranzi Jean Claude.
Ikipe y’Igihugu yakomeje gukina neza muri iyi minota, yahushije kandi uburyo bw’ishoti ryatewe na Niyonzima Olivier Sefu ku munota wa 64.
Mashami Vincent yakoze impinduka eshatu muri uyu mukino, Iradukunda Eric ‘Radu’ asimbura Iranzi Jean Claude ku munota wa 71, Butera Andrew asimbura Manishimwe Djabel ku wa 79 mu gihe Sugira Ernest yasimbuwe na Mico Justin habura iminota ine ngo umukino urangire.

Ethiapia
Ethiopia yasatiriye bikomeye izamu ry’u Rwanda mu minota ya nyuma, ariko umusifuzi w’Umunya-Kenya Anthony Ogwayo asoza umukino itarabona igitego cyo kwishyura.
Amavubi yakinnye uyu mukino adafite Niyonzima Haruna na Kimenyi Yves bafite ikibazo cy’ibyangombwa kugeza ubu kitarakemurwa n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF.
Umukino wo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 19 Ukwakira, aho Amavubi azaba akeneye kwihagararaho kugira ngo yerekeze mu Gikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere muri za shampiyona zabo, kizabera muri Cameroun mu ntangiriro z’umwaka utaha.
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rw’u Rwanda: Ndayishimiye Eric (c), Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Nshimiyimana Imran, Nsabimana Eric, Niyonzima Olivier, Manishimwe Djabel, Iranzi Jean Claude na Sugira Ernest.
3,208 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply